Akazi twatangiranye mu myaka ine ishize ntikararangira-Trump

Sangiza iyi nkuru

Donald Trump yatangaje ko agifite umugambi wo kuba yakongera kwiyamamaza gusa ngo nta migambi afite yo gushinga ishyaka ryishya nk’uko byagiye bihwihwiswa.

Mu ijambo rye rya mbere imbere ya rubanda nyuma y’uko Perezida Joe Biden agiye ku butegetsi i Florida, Trump yakomoje ku kwiyamamaza kuri uwo mwanya mu 2024.

BBC ivuga ko abantu benshi bamuhaye amashyi y’urufaya n’akaruru k’ibyishimo ubwo yari ageze kuri hoteli byabereyemo. Benshi muri bo nta dupfukamunwa bari bambaye.

Uyu mugabo w’imyaka 74 yagize ati: “Mpagaze imbere yanyu ngo mbabwire ko akazi twatangiranye mu myaka ine ishize katararangira.”Turi hano uyu mugoroba ngo tuganire ejo hazaza – ejo h’ishyaka ryacu, ejo h’igihugu cyacu.”

Yahakanye ibitekerezo bivuga ko azashinga irindi shyaka – abyita ko ari “fake news”.

Atebya, yagize ati: “Ntibyaba ari byiza, tuvuze ngo reka dutangize ishyaka rishya maze tugabanye amajwi yacu maze ntituzatsinde?

“Dufite ishyaka ry’abarepubulikani. Rigiye kongera kwiyunga no gukomera kurusha ikindi gihe cyose mbere”.

Nubwo yatsinzwe mu kwezi kwa 11, akananengwa cyane mu kwezi kwa mbere kubera gushyigikira abigaragambya, Trump aracyakunzwe cyane mu bamutoye.

Ikusanyabitekerezo rya US poll mu cyumweru gishize, ryerekanye ko 46% by’abatoye Trump n’ubundi bakongera bakamutora ashinze ishyaka rye.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *