Umuturage wo mu Karere ka Hoima muri Uganda, Anatoli Kiiza yarashe mu kirere misile we ubwe yikoreye, igenda miles 50 (80km). Uyu yari yatanze iminsi itatu ku barobyi bo mu Kiyaga cya Albert kugira ngo akore igerageza ry’iyi misile atari yita izina. Yateganyaga ko iyi misile iza kugera mu birometero 240 gusa ntibyakunze. Iyi misile Kizza yayirasiye mu Karere ka Ntoroko mu kirwa cya Nkwanzi. Yabwiye ibinyamakuru byo muri Uganda ko impamvu itageze kure ari uko ” Nasanze igice cy’inyuma cyari kidakomeye cyane ngo iyi misile igere kure.” Yagize ati ” N’ ubwo zimwe mu mashini zanjye nazitakarije mu mazi bitewe n’inyeshyamba zo muri Congo zari zanyikanzemo umurwanyi, ndishimye kuko misile yabashije kuraswa. Nizera ko Leta imfashije, nakora ibirenze ibi.” Avuga ko byamutwaye imyaka itatu kuba yamaze gukora iyi misile gusa ngo byamutwaye miliyoni 13Ugx. Iyi ni inshuro ya mbere Kiiza agerageje misile nyuma yo gufungwa inshuro ndwi azira gukora intwaro. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Anatoli Kiiza warashe misile



2 Responses
Umuturage w’ i Hoima yarashe misile yakoze mu kirere
Afurika ni hatarinimuntu nkuyu nubutunzi bukomeye kugihugu nn baramupfungiriki?ubu hoho bazamwica!mbega afurika tuzacya avenge ryari
Umuturage w’ i Hoima yarashe misile yakoze mu kirere
Afurika ni hatarinimuntu nkuyu nubutunzi bukomeye kugihugu nn baramupfungiriki?ubu hoho bazamwica!mbega afurika tuzacya avenge ryari