Visi Perezida wa Zimbabwe yeguye, nyuma yo gushinjwa gusaba abagore igitsina

Sangiza iyi nkuru

Visi Perezida wa Zimbabwe, Kembo Mohadi yeguye kuri izi nshingano kuri uyu wa 1 Werurwe 2021 nyuma yo gushinjwa gusaba abagore ko bakorana imibonano mpuzabitsina.

Mohadi mu butumwa bwatambutse ku rubuga rwa Twitter rwa Minisiteri y’Itumanaho, yagize ati: “Aka kanya, neguye ku mwanya wa Visi Perezida wa Repubulika ya Zimbabwe.”

Yasobanuye ko yeguye kugira ngo adanduza isura y’ibiro bya Visi Perezida, akaba agiye ashaka gukurikirana iki kibazo atari ku ntebe y’ubuyobozi.

Mu mpera z’ukwezi gushize, ibitangazamakuru byo muri Zimbabwe birimo ZimLive byashyize ahagaragara amajwi yumvikanamo umugabo uhana n’umugore gahunda yo guhurira mu biro, bagakora imibonano mpuzabitsina, bihamya ko ari Mohadi.

Al Jazeera ivuga ko Visi Perezida Mohadi ashinjwa gukorana imibonano mpuzabitsina n’abagore benshi, barimo n’abo bakoranaga mu biro bimwe.

Gusa Mohadi n’ubwo yeguye, ntabwo yemera ibyo aregwa, kuko ngo hari abamurwanya babyihishe inyuma ndetse bishoboke ko abarega mu butabera.

Mohadi yari afatanyije izi nshingano na Constantino Chiwenga, bakaba barazihawe na Perezida Emerson Mnangagwa mu 2017 ubwo yajyaga ku butegetsi.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *