Impunzi zirenga miliyoni 3 zo mu Karere ziratabarizwa

Sangiza iyi nkuru

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) n’irishinzwe ibiribwa (PAM) aratabariza impunzi zirenga miliyoni 3 ziba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, zitakibona inkunga zagenerwaga uko bikwiye, bikaba byaratumye ibiribwa zagenerwaga bigabanywa ku gipimo kigeze kuri 60%.

Uhagarariye UNHCR muri aka Karere, mu Ihembe rya Afurika no mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Clementine Nkweta-Salami kuri uyu wa 2 Werurwe 2021 yatangaje ko impamvu yatumye inkunga zagenerwaga inkunga zigabanyuka, ari icyorezo cya Covid-19 cyagize ingaruka ku bihugu byayitangaga.

Nkweta-Salami yagize ati: “Icyorezo kiri gushegesha buri wese, ariko cyane impunzi. Mu gihe hatabonetse inkunga nyinshi, ibihumbi by’impunzi birimo abana, ntabwo bizabona ibyo kurya bihagije.”

Uhagarariye PAM muri aka Karere, Michael Dunford yavuze ko ubu igikenewe ari ugushakisha uburyo ibiribwa bigenerwa impunzi biboneka, hakaba hakenewe kuziba icyuho cya miliyoni $266 z’amadolari ya Amerika zagabanyutse mu nkunga, bitaba ibyo ngo hashobora kuzabaho ingaruka zirimo gusubiza impunzi mu bihugu zaturutsemo kandi nta mutekano zihiteze.

Ati: “Ntabwo twigeze tugira ibibazo by’inkunga biteye ubwoba nk’ibi. Mu mezi atandatu ari imbere, tuzaba dufite icyuho cya miliyoni $266 cyo gufasha impunzi mu byo zikeneye. Turabona ko mu gihe inkunga zaba zikomeje guhagarikwa, hazafatwa ibyemezo bikomeye cyane: kuguma mu nkambi aho ibiribwa n’imirire byagabanyutse cyangwa se hagatekerezwa uko zasubira iwabo hadatekanye.”

PAM ivuga ko kugabanyuka kw’inkunga kwatumye iteganya kugabanya ibiribwa bigenerwa impunzi mu bihugu bitandukanye, cyane nko mu Rwanda aho byagabanyijweho 60%, muri Uganda na Kenya byagabanyijweho 40%, muri Sudani y’Epfo byagabanyijweho 30%, muri Djibouti byagabanyijweho 23% no muri Ethiopia byagabanyijweho 16%.

PAM ivuga kandi ko kugeza muri Kanama 2021, ikeneye miliyoni $11 kugira ngo ibone ibiribwa impunzi zikabakaba 140,000 ziba mu Rwanda zikeneye, miliyoni $61 ku mpunzi 417,000 ziba muri Kenya, miliyoni $17 ku mpunzi 280,000 ziba muri Tanzania, miliyoni $77 ku mpunzi 1,270,000 ziba muri Uganda, na miliyoni $82 ku mpunzi zigera kuri 1,000,000 ziba muri Sudani y’Epfo, Ethiopia na Djibouti.

Impunzi ziba mu Burundi no muri Sudani zo ziri guhabwa ibiribwa byose, gusa kugeza muri Kanama zikeneye miliyoni $18 kugira ngo zikomeze zibibone.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *