Museveni agiye gukora impinduka mu gisirikare ku bajenerali barimo Kayihura

Sangiza iyi nkuru

Hari amakuru ko Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za Uganda (CIC/UPDF), Gen Museveni Yoweli Kaguta, agiye gukora impinduka mu gisirikare, ashyira mu kiruhuko abarimo Gen Kale Kayihura Muhwezi wahoze ayobora polisi y’iki gihugu ndetse na Gen David Sejusa (Tinyefuza) wahoze ari umuhuzabikorwa w’inzego z’ubutasi.

Ikinyamakuru kiri hafi ya Leta ya Uganda, The New Vision gitangaza ko hari abajenerali bo hejuru Museveni agiye guha ikiruhuko, gusa kikagaruka kuri aba bajenerali babiri nk’abaza ku isonga.

Mu bandi banugwanugwa harimo Minisitiri w’Umutekano, Gen Elly Tumwine. Iki kinyamakuru cyavuganye na bamwe mu bajenerali kuri iyi ngingo, bamwe bagaragaza ko babyiteze mu gihe abandi babazaga impamvu abanyamakuru barajwe ishinga n’iyi ngingo.

Ntiharamenyekana neza itariki Museveni azashyira mu kiruhuko abo bajenerali bakuru.

Kuri ba jenerali; Kayihura na Tinyefuza, ubusanzwe nta mirimo bari barahawe muri UPDF uretse kuba ari abasirikare ku rwego rwabo.

Gen Kayihura ntiyaramerewe neza muri UPDF kuva mu 2018 yatabwa muri yombi, agafungwa, akanagezwa mu rukiko rwa Gisirikare rwa Makindye ashinjwa kutarinda ibikoresho by’intambara no gushimuta.

Yaje kurekurwa ariko nta wundi mwanya yahawe. Ni umwe mu Bafumbira bakomeye muri UPDF.

Gen Tinyefuza kuva yahungira mu Bwongereza akekwaho gushaka gukora kudeta nyuma akagaruka muri Uganda, nta mwanya yahawe muri UPDF.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *