Polisi ya Uganda kuri uyu wa 1 Werurwe 2021 yatangaje ko yataye muri yombi abantu 8 bakekwaho kwica abantu 10 barimo umukomando w’ipeti rya ‘Major’ uri mu mutwe w’ingabo kabuhariwe za SFC (Special Force Command), Noel Mwesigye.
Mu masa tatu y’ijoro rya tariki ya 17 Mutarama 2021 ni bwo amabandi yitwaje intwaro yari kuri moto, yateze igico Maj. Mwesigye wari mu modoka ageze ku muryango w’urugo rwe ruri mu karere ka Luwero, aramurasa arapfa, amwambura imbunda ya pisitoli yari afite, arangije aracika.
Soma inkuru ku rupfu rwa Maj. Mwesigye hano https://bwiza.com/?Major-mu-ngabo-za-Uganda-yishwe-n-abitwaje-intwaro
Ku munsi wakurikiyeho, abaturage bavuze ko muri iryo joro aya mabandi ari yo ashobora kuba yarambuye umucuruzi witwa Rajab Sseruuma amashilingi 450,000 yabanje kumutunga imbunda kugira ngo adatabaza.
Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Fred Enanga, yatangaje ko aba bafashwe kandi bashobora kuba ari bo bishe undi muturage witwa Lawrence Kawuki, bamurashishije pisitoli, ndetse bakaba baragize uruhare mu bujura bugera mu 8 mu duce dutandukanye.
Kimwe mu bihamya aba bakekwa bafatanye ni imbunda ya SMG (Machine Gun), ikaba ari yo yifashishijwe muri ubu bujura bwose no mu kwica Maj. Noel Mwesigye.
Fred Enanga yagize ati: “Aba bakekwa bibye imbunda ku musirikare w’igisirikare cya Uganda. Twabonye n’imbunda yibwe kwa Maj. Mwesigye. Twasatse mu ngo z’abakekwa, dusangamo magazine n’amasasu 17.”
Aba bakekwa bafashwe mu gihe hari abandi bagishakishwa, bose hamwe baba baragize uruhare mu bujura bugera kuri 21. Bakurikiranweho ibyaha birimo: kwiba, kwica, kugerageza kwica no gutunga imbunda mu buryo butemewe.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


