Rusesabagina n’umwunganira bameze nk’abanyeshuri batinya ikizame_Maj. Sankara

Sangiza iyi nkuru

Nsabimana Callixte wamenyekanye nka Major Sankara akiri Umuvugizi w’umutwe witwaje intwaro wa FLN urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, avuga ko Paul Rusesabagina bareganwa ndetse na Me Gatera Gashabana umwunganira ameze nk’abanyeshuri batinya ikizamini.

Maj. Sankara muri uru rubanza rwasubukuwe kuri uyu wa 5 Werurwe 2021, ati: “Njyewe ndabona Rusesabagina n’umwunganira sinzi ariko…bameze nka ba banyeshuri twiganaga batinya ikizame ku buryo noneho buri gihe igihe habaye ikizame cyangwa interrogation, avuga ati ‘muyimure’. Bagahora bavuga ngo mwimure interrogation kugeza ubwo n’abanyeshuri bavuga bati ‘mugirire impuhwe mwarimu’.”

Ibi abishingira ku kuba ngo “Rusesabagina n’umwunganira mu mategeko bakomeje gutinza” uru rubanza rwatangiye kuburanishwa mu mizi tariki ya 17 Gashyantare 2021.

Icyo gihe, Rusesbagina yatanze inzitizi y’uko atari Umunyarwanda bityo inkiko zo mu Rwanda zidafite ububasha bwo kumuburanisha.

Ubwo urubanza rwasubukurwaga tariki ya 26 Gashyantare 2021, urukiko rwatesheje agaciro iyi nzitizi, rufata icyemezo cyo gukomeza kumuburanisha, ariko avuga ko we n’umwunganira mu mategeko bagiye gutegura indi nzitizi mu nyandiko, bakazayitanga muri uru rubanza rwasubukuwe kuri uyu wa 5 Werurwe 2021.

Muri uru rubanza, Rusesabagina na Me Gatera Gashabana bongeye gutanga indi nzitizi y’uko yageze mu Rwanda muri Kanama 2020 ashimuswe, abishingiraho asaba kurekurwa kuko ngo atakabaye ari muri iki gihugu.

Ubwo uru rubanza rwatangiraga kuburanishwa mu mizi, Maj. Sankara na bwo ntiyigeze yemeranya na Rusesabagina watanze inzitizi y’uko atari Umunyarwanda. Yibajije impamvu yavuga ko atari Umunyarwanda, kandi ubwo umutwe wa FLN wagabaga ibitero mu Rwanda, yaravugaga ko ashaka kuba Perezida w’iki gihugu, yibaza uko yakiyobora kandi atari umwenegihugu wacyo.

Sankara yari Umuvugizi wa FLN mu gihe Rusesbagina yari Umuyobozi w’ihuriro ry’amashyaka ya politiki arwanya Leta y’u Rwanda rya MRCD-Ubumwe, rikaba ari ryo uyu mutwe witwaje intwaro ushamikiyeho.

We yatawe muri yombi muri Mata 2019 ubwo yari mu birwa bya Comores, mu gihe Rusesabagina yatawe muri yombi mu mpera za Kanama 2020, avuye i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, yisanga i Kigali.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Rusesabagina n’umwunganira bameze nk’abanyeshuri batinya ikizame_Maj. Sankara
    Sankara aribeshya cyane.Yibwira ko azashinja Rusesabagina bagahita bamurekura agataha!!! Niyo mpamvu mu rukiko ahora avuga ko Rusesa arimo gutinza urubanza.Aka kanya yibagiwe ukuntu yigambaga ko bafashe Nyungwe.Namugira inama yo “gupfa kigabo”.
    Akareka kwibeshya ko nashinja Rusesa bazamurekura.Nagira imana bazamukatira imyaka 25.Kubera ko afite imyaka 38,ubwo bazamufungura afite imyaka 63,ari umusaza!!! Niba atazagwa muli gereza.

  2. Rusesabagina n’umwunganira bameze nk’abanyeshuri batinya ikizame_Maj. Sankara
    Sankara aribeshya cyane.Yibwira ko azashinja Rusesabagina bagahita bamurekura agataha!!! Niyo mpamvu mu rukiko ahora avuga ko Rusesa arimo gutinza urubanza.Aka kanya yibagiwe ukuntu yigambaga ko bafashe Nyungwe.Namugira inama yo “gupfa kigabo”.
    Akareka kwibeshya ko nashinja Rusesa bazamurekura.Nagira imana bazamukatira imyaka 25.Kubera ko afite imyaka 38,ubwo bazamufungura afite imyaka 63,ari umusaza!!! Niba atazagwa muli gereza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *