Rutahizamu w’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Meddie Kagere na bagenzi be bakinana muri Simba Sports Club, bemerewe agahimbazamusyi gatubutse n’umuherwe Mohammed Dewji uyobora iriya kipe ngo batsinde Al Merrick yo muri Sudani.
Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo Simba Sports Club iza kuba yesurana na Al Merrick, mu mukino wa CAF Champions league wo mu tsinda rya Mbere.
Ni umukino wa gatatu iyi kipe iyoboye ririya tsinda iza kuba ikina, nyuma yo gutsinda amakipe ya AS Vita Club na Al Ahly igitego 1-0.
Gutsinda Al Merrick ya nyuma mu tsinda A birahesha Simba gukomeza kuriyobora, binayorohereze akazi ko kugera muri 1/4 cy’irangiza.
Ibinyamakuru bitandukanye byandika amakuru y’imikino mu gihugu cya Tanzania, byavuze ko umuherwe w’ikipe ya Simba SC yongeye kwemerera agahimbazamusyi gatubutse abakinnyi n’abatoza b’iyi kipe ngo bakure intsinzi i Khartoum.
Mo Dewji mu rwego rwo gutera akanyabugabo abakinnyi b’ikipe abereye umuyobozi, yabemereye agahimbazamusyi ka Miliyoni 200 z’amashilingi ya Tanzania (200M Tz) mu gihe baba batsindiye Al Merrikh muri Sudani.
Ibi Mo akaba yarabibwiye abakinnyi mu nama bagiranye, ubwo yasuraga abakinnyi ku munsi wo ku wa Gatatu.
Ni nyuma kandi, y’aho uyu muyobozi yahaye abakinnyi Miliyoni 400 z’amashilingi ya Tanzania ubwo batsindaga ikipe ya Al Ahly 1-0 muri Tanzania.
Umukino wa Al Merrikh na Simba SC, uteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu Saa kumi z’umugoroba (16h) za Tanzania, bikaba Saa cyenda z’i Kigali mu Rwanda.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


