Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu abakozi bose b’ikipe ya Musanze FC bahawe ikiciro cya mbere cy’inkingo za COVID-19, iyi kipe yo mu majyaruguru iba iya mbere mu Rwanda ikingiye abakozi bayo.
Ni nyuma y’uko ku wa Gatanu ubwo igikorwa cyo gukingira cyatangiraga mu gihugu hose, Perezida wa Musanze FC, Tuyishime Placide, Umuvugizi wayo, Uwihoreye Ibrahim n’umuyobozi w’abafana, Nsanzimana DieudonnĂ©, bari mu bahawe urukingo.
Abakingiwe uyu munsi ni abakinnyi n’abakozi b’iyi kipe ndetse n’abayobozi nka Visi perezida wa kabiri w’iyi kipe, Rwamuhizi Innocent, n’Umunyamabanga wayo, Rutishereka Makuza Jean.
Musanze FC yafashe iya mbere mu gukingira abakozi bayo, mu gihe hari amakuru avuga ko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) ryasabye abayobozi b’amakipe y’Icyiciro cya Mbere kugaragaza umubare w’abayagize bazahabwa urukingo mu byiciro bya mbere mu gihe hitegurwa gusubukura shampiyona.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


