images-2020-04-06t225041.657.jpg

Twihanaguzaga ibitaka iyo twajyaga mu mihango-Uwashimuswe na Boko Haram mu 2014

Sangiza iyi nkuru

Umwe mu bakobwa bashimuswe n’umutwe wa Boko Haram mu 2014, Naomi Adamu avuga ko aho bari mu bwihisho byasabye ko bihanaguza ibitaka nk’uburyo bwo kwisukura mu gihe bagiye mu mihango kuko aho bari bari nta mpapuro z’isuku babonagaga cyangwa amazi.

Naomi mu gitabo cyashyizwe hanze cyiswe ‘ Chibok Girls’ avuga ko we na bagenzi be 270 bigaga ku ishuri rya Chibok, bashimuswe bakajyanwa mu bwihisho bwa Boko Haram mu ishyamba ryitwa Sambisa.

Muri icyo gitabo, hari aho agira ati ” Byari ibihe bigoranye kuri twe muri Sambisa. Ntabyo kurya, nta mazi. Byabaye ngombwa ko twihanaguza itaka mu gihe twabaga turi mu mihango.”

Avuga ko muri ibyo bihe, byaragoranye gusa ikibazo kwari ugushaka kubashyingira bamwe mu barwanyi no kubahindura ngo bajye mu idini ya Islam.

We yanze gushyingiranwa n’umwe mu barwanyi, ingingo yatumye ahura na Abubakar Shekau, uyobora Boko Haram, imbonankubone.

Yagize ati ” Kuba narigometse nkanga kubumvira, barankubise cyane, bakambwira ko bazanyica. Ibi byatumye umunsi umwe nisanga ndi mu nama na Shekau. Yatubwiye ko atadushimuse ngo ajye gudushyingira. Yatubwiye ko yashakaga gushyira igitutu kuri Leta ngo irekure abarwanyi be yafunze.”

Naomi avuga ko bitamworoheye kuko byageze aho abafunze umutwe babatandukanya n’abandi. Avuga ko atumva uko Boko Haram yaba ikiriho cyane uko ubwo barekurwaga mu 2017, abarwanyi bari bacitsemo ibice bamwe bari Sambisa abandi bakaba mu ryitwa Kangoura.

Avuga ko imbuga nkoranyambaga ari impamvu nyamkuru yatumaga Boko Haram itabarekura. Naomi Adamu yarekuwa mu 2017 ari kumwe na bagenzi be 81.

images-2020-04-06t225041.657.jpg

Abu Mohammed Abubakar bin Mohammad al-Sheikawi/ Internet

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *