rdf1.png

Minisitiri w’Ingabo yirukanye abasirikare 41 barimo ba Su-Ofisiye

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Hon. Maj. Gen. Albert Murasira aherutse kwirukana abasirikare 41 bari ku rwego rw’abato ndetse na ba Su-Ofisiye.

Bigaragara mu Igazeti ya Leta No. 07 yasohotse tariki ya 1 Werurwe 2021 mu iteka rya Minisitiri No. 001/MINADEF/2021 ryo ku wa 25/02/2021 “ryirukana ba su ofisiye n’abasirikare bato mu ngabo z’u Rwanda.”

Nk’uko bigaragara ku rutonde rw’abasirikare birukanwe, harimo babiri (2) bafite ipeti rya Staff Sergeant (SSGT), 8 bafite ipeti rya Sergeant, 18 bafite irya Corporal (CPL) na 13 bafite irya Private (Pte).

Urutonde rw’abasirikare birukanwe muri RDF
rdf1.png
rdf2.png
rdf3.png

Aba basirikare birukanwe hashingiwe ku ku Itegekonshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015, cyane cyane mu ngingo y’121, iy’122 n’iy’176; hashingiwe ku Itegeko No. 38/2015 ryo ku wa 30/07/2015 rigena igabanya ry’umubare w’abagize Ingabo z’u Rwanda, kubakura ku murimo, kubasubiza mu buzima busanzwe no kubirukana, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 7.

Birukanwe kandi Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 14/12/2020 imaze kubisuzuma no kubyemeza.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *