Bamwe mu bagore batuye mu Karere ka Serengeti mu Ntara ya Mara muri Tanzania baravuga ko babangamiwe n’umuco wo kubashyingira abagabo bapfuye, bizwi nka ” Ndoa ya makaburi.” Mu Ntara ya Mara, iyo umugabo ageze igihe cyo kurongora, agapfa, umuryango umushakira umugore, yabyarana abana n’undi mugabo wo muri uwo muryango abana bakitwa mu mazina ya wa mugabo wapfuye kandi atari we wababyaye. Aba bagore bavuga ko uyu muco ubakandamiza, ukabima uburenganzira bwo guhitamo umugabo bashaka. Mu kiganiro na East African Television, bavuze ko ” Usanga umuntu yarapfuye imyaka myinshi ariko ugasanga umuryango ushaka ko yagira umuryango. Turasaba ko Leta yakwinjira muri iki kibazo.” Umuyobozi w’Akarere ka Serengeti, Nurdin Babu avuga ko iki kibazo gihari ariko ko gitizwa umurindi no kuba abagore baceceka. Kwa upande wake Mkuu wa wilaya ya Serengeti Nurdin Babu, amesema kuwa wanawake wengi wilaya ya Serengreti wanafanyiwa ukatili wa kijinsia na wananyamaza kimya. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


