Ni igihuha_Ambasaderi wa Tanzania muri Uganda ku makuru y’uko Magufuli arembye

Sangiza iyi nkuru

Ambasaderi wa Tanzania muri Uganda, Dr. Aziz Ponary Mlima kuri uyu wa 10 Werurwe 2021 yavuze ko amakuru avuga ko Umukuru w’Igihugu, Dr. John Pombe Magufuli arembye babeshya.

Kuva ku murogoba wa tariki ya 9 Werurwe 2021 mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba hatangiye kumvikana inkuru y’uko Perezida wa Tanzania, Dr. John Pombe Magufuli arembeye mu bitaro by’i Nairobi muri Kenya.

Hari hashize iminsi igera kuri 11 uyu Mukuru w’Igihugu atagaragara mu ruhame nk’uko ibitangazamakuru byo mu Karere bibivuga.

Nk’uko byatangajwe n’abarimo Tundu Lissu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, Dr. Magufuli ngo yaba “arwaye icyorezo cya Covid-19”, andi makuru akavuga ko ari ku cyuma kimwongerera umwuka.

Igitangazamakuru Chimp Reports cyo muri Uganda cyatangaje ko Magufuli ashobora kuba arwariye mu bitaro bya Nairobi Hospital; bimwe mu bikomeye muri aka karere.

Iki gitangazamakuru kivuga ko hari amakuru avuga ko ibi bitaro birindiwe umutekano n’ingabo zidasanzwe (Special Forces) mu kwerekana ko byaba birwariyemo umuntu ukomeye.

Mu gushaka kumenya niba aya makuru ari impamo, iki gitangazamakuru cyabajije Ambasaderi Dr. Aziz Ponary Mlima, agisubiza ko ari “ibihuha” gusa ngo ntiyasobanuye aho Umukuru w’Igihugu aherereye.

Umuburo ku bo muri Tanzania

Minisitiri w’Itumanaho, Umuco na Siporo muri Tanzania, Innocent Bashungwa yihanangirije bitangazamakuru by’imbere mu gihugu n’abaturage, bashimangiye amakuru yise ‘ibihuha’ yibaza aho Perezida Magufuli yaba aherereye.

Minisitiri Bashungwa yavuze ko amakuru yizewe aturuka mu nzego zibifitiye ububasha mu gihugu, abisaba ko bitajya biha agaciro amakuru ataturutse muri izi nzego.

Yifashishije urubuga rwa Twitter, Minisitiri Bashungwa yagize ati: “Ndibutsa abanyamakuru n’abaturage bacu ko bajya bizera amakuru yaturutse mu nzira zemewe zibifitiye ububasha. Gufata ibihuha nk’amakuru yizewe ni ukwica itegeko rigenga amakuru. Mureke gusakaza amakuru muzabazwa.”

Perezida Magufuli ni umwe mu bakuru bafatwa nk’abakerensa icyorezo cya Covid-19 kuva yatangaza ko kitakiri muri Tanzania kuva muri Kamena 2020 ndetse agasaba abaturage gukomeza ibikorwa byabo bibateza imbere, mu gihe ibindi bihugu byari byarashyizeho ingamba zo kucyirinda zirimo gahunda ya Guma mu Rugo (lockdown).

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *