Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 8 Werurwe 2021 cyaranzwe n’amakuru atandukanye, arimo ay’urubanza rwa Paul Rusesabagina, Sankara n’abandi 19 rwari rukomeje, ayiswe ibihuha yavugaga kuri Perezida Magufuli, aya Gitifu uvugwaho kubiba amacakubiri mu bakozi ayoboye n’ay’ubuzima yerekeye icyorezo cya Covid-19.
Amakuru yakiranze ni akurikira:
Rusesabagina yikuye mu rubanza rwe
Paul Rusesabagina ukurikiranweho ibyaha 9 by’iterabwoba tariki ya 12 Werurwe 2021 yatangarije urukiko rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha by’iterabwoba n’ibyambukiranya imbibi ko yikuye mu rubanza kuko nta butabera yiteze.
Ni urubanza rwari rutangiye kuburanishwa mu mizi nyuma y’inzitizi n’imbogamizi yari amaze igihe atanga, zigatuma rusubikwa.
Amategeko avuga ko iyo umuburanyi yikuye mu rubanza, asigara aburanirwa n’abamwunganira mu mategeko; mu gihe na bo batamuburanira, urukiko rukishyiriraho umunyamategeko umuburanira, urubanza rugakomeza kugeza rurangiye.
Sankara yongeye gushimangira ko Perezida Lungu yafashije FLN
Nsabimana Callixte wamenyekanye nka Major Sankara tariki ya 12 Werurwe 2021 yongeye gushimangira ko Perezida wa Repubulika ya Zambia, Edgar Lungu, yateye inkunga umutwe witwaje wa FLN, anawusezeranya ubufasha mu guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda. Ngo bari baramwise ‘Umubyeyi wa Batisimu’ (Parrain wa Batisimu).
Ni amagambo yasubiriyemo mu rubanza rwe n’abandi 20 bareganwa ibyaha by’iterabwoba rwabaye kuri uwo munsi, nyuma y’itangazo Leta ya Zambia yasohoye muri Nyakanga 2020 ivuga ko “ibyo yavuze atari ukuri” ko yabeshyeye Perezida Lungu.
Muri Nyakanga 2020, Sankara yatangarije urukiko ko Perezida Lungu yahaye Rusesabagina nk’umuyobozi w’ihuriro MRCD-Ubumwe FLN ishamikiyeho, amadolari ya Amerika 150,000. Yagize ati: “None se Rusesabagina yahagarara hano agahakana ko ataziranye na Perezida Edgar Lungu?”
Gitifu arashinjwa kubiba amacakubiri mu bakozi
Abakozi 13 bo mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke, tariki ya 8 Werurwe 2021 bandikiye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere bamumenyesha amakosa 6 y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wabo, Ndanga Janvier, ngo “akora agamije kubacamo ibice no kubategekesha igitugu”.
Muri aya makosa bavuzemo: guteranya abakozi, kubayoboza igitugu, kubatuka, guhunga inshingano ze nk’umuyobozi, kudaha abakozi ibyo bemerewe no kubateranya n’abaturage; yose bagenda basobanura uko yayakoze.
BWIZA yashatse kumenya icyo Gitifu Ndanga avuga kuri iki kirego, ntiyasubiza, ibaza Gitifu w’Akarere wandikiwe iyi baruwa ntiyasubiza, Visi Meya ushinzwe ubukungu na we bivugwa ko azi iki kibazo ndetse na Meya w’Akarere, ntibasubije.
Perezida Kagame n’umufasha batewe urukingo rwa Covid-19
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame n’umufasha we Jeannette Kagame batewe urukingo rwa Covid-19 ku munsi wa gatandatu w’ikingira, tariki ya 11 Werurwe 2021.
Ni igikorwa cyabereye ku bitaro byitiriwe Umwami Faisal, muri gahunda y’ikingira yatangiye hirya no hino mu gihugu tariki ya 5 Werurwe 2021.
Perezida Kagame n’umufasha we bakingiwe nyuma ya Minisitiri w’Ubuzima w’u Rwanda, Dr. Ngamije Daniel wakingiriwe ku bitaro bya Masaka ku munsi wa mbere w’ikingira.
Byavuzwe ko Magufuli arembye, Guverinoma ibyamaganira kure
Tariki ya 9 Werurwe 2021 abatavuga rumwe na Leta ya Tanzania barimo umunyapolitiki Tundu Lissu batangaje ko Perezida w’iki gihugu, Dr. John Pombe Magufuli arwaye icyorezo cya Covid-19, ko yajyanwe kuvurirwa mu bitaro by’i Nairobi muri Kenya.
Aya makuru yakomeje kuvugwa n’ibitangazamakuru bitandukanye birimo na mpuzamahanga, Tundu Lissu abwira Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) ko ibitaro bya Nairobi byananiwe kuvura Perezida Magufuli, yoherezwa mu Buhinde.
Gusa aya makuru yanyomoje na Minisitiri w’Intebe wa Tanzania, Kasimu Majaliwa, avuga ko Perezida Magufuli umaze iminsi irenga 10 atagaragara mu ruhame ari muzima, ubu afite akazi kenshi; ahugiye muri dosiye zituma atagaragara.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


