rca1.jpg

CAR-Amafoto: Umutekano wari wakajijwe mu matora y’Abadepite

Sangiza iyi nkuru

Muri Repubulika ya Centrafrica (CAR) kuri uyu wa 14 Werurwe 2021 habaye icyiciro cya kabiri cy’amatora y’abagize inteko ishinga amategeko.

Aya matora yagombaga kubera rimwe n’ay’Umukuru w’Igihugu yabaye tariki ya 27 Ukuboza 2020 ariko bitewe n’ibibazo by’urugomo; amwe mu masite yarayahagaritse.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) mu gitondo cyo kuri uyu wa 14 Werurwe, byatangaje ko aya matora agiye kuba, ariko hakiri ibibazo by’umutekano muke uterwa n’imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi.

Gusa Umuvugizi wa Misiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe kurinda amahoro n’umutekano muri CAR (MINUSCA), Abdoul-Aziz Fall yabwiye Reuters ko bafite igisirikare n’izindi nzego z’umutekano bikomeye, ku buryo bizashobora kurinda umutekano w’aya matora.

Fall yagize ati: “Dufite igisirikare n’inzego z’umutekano zikomeye cyane zizaba zihari, zirinda umutekano w’amatora.”
rca1.jpg
Ingabo za MINUSCA zoherejwe kurinda umutekano w’amatora
police_rca.jpg
Izi modoka zirimo abapolisi 74 ba MINUSCA boherejwe mu ntara zitandukanye z’igihugu
minusca.jpg
Ingabo za MINUSCA kuri site ya Bouar, kamwe mu turere tw’igihugu
rca2.jpg
Usibye MINUSCA, ingabo za Leta ya CAR nayo yakomeje gutegura uburyo azaba mu mutekano usesuye, aho yagiranye inama n’inzego bireba; by’umwihariko iz’umutekano ndetse n’abafatanyabikorwa b’abanyamahanga.

Muri iyi mitegurire y’uko amatora azagenda neza, tariki ya 1 Werurwe 2021, Minisitiri w’Intebe wa CAR, Firmin Ngrebada yagiranye inama na Minisitiri w’Umutekano w’iki gihugu, Umugaba Mukuru w’Ingabo, Umuyobozi Mukuru wa Polisi, uwa Jandarumeri ndetse n’Umuyobozi w’Ingabo z’u Rwanda zidasanzwe ziri muri iki gihugu, Col. Jean Paul Karangwa.

Aya mafoto BWIZA ikesha urubuga rwa Minisitiri Ngrebada n’urwa MINUSCA.

fb_img_16157829315904142.jpg
Ingabo za CAR zari ziteguye kurinda umutekano w’amatora
fb_img_16157829255249611.jpg
fb_img_16157829208667823.jpg
fb_img_16157829118140009.jpg
fb_img_16157828913600666.jpg

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *