screen-shot-2020-03-20-at-9.53.25-pm.png

Umunyamakuru Cyuma Hassan avuga ko adateze guhindura imikorere nyuma yo gufungurwa

Sangiza iyi nkuru

Umunyamakuru Niyonsenga Dieudonné uzwi nka Cyuma Hassan avuga ko nyuma yo gufungwa amezi 11 akagirwa umwere, atazahindura uko yakoraga akazi ke.

Mu kiganiro na BBC, Cyuma yavuze ko azakomeza gukorera abaturage. Ati ” Nta kintu gishobora guhinduka na gitoya” mu buryo akoramo umwuga we. Ati: “Ngomba gukora umwuga nize, atari uko [umuntu] kanaka abishaka. Nzakomeza gukorera abaturage”.

Avuga ko agiye kubanza gufata igihe cy’iminsi cyo kwisuzumisha kwa muganga, ubundi agakomeza akazi ke nk’ibisanzwe.

Cyuma kuwa 15 Mata 2020 yafashwe n’urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) arafungwa, yakoraga ibiganiro kuri televiziyo ISHEMA TV yo ku rubuga rwa YouTube, akavuga ku bibaz biri mu gihugu, gusa ibiganiro bye bigakurura impaka cyane ku mbuga nkoranyambaga.

Muri iki kiganiro kandi uyu musore w’imyaka 31 asaba inzego z’umutekano kureka abanyamakuru bakisanzura ngo kuko “Ntabwo abanyamakuru bose twakora mu murongo umwe wo gushima”.

Cyuma Hassan yarekuwe nyuma yo kugirwa umwere ku byaha birimo nko gukoza isoni abayobozi b’igihugu no gusagarira abashinzwe imirimo rusange y’igihugu, gukubita no gukomeretsa ku bushake no gutambamira ishyirwa mu bikorwa ry’imirimo yategetswe.

screen-shot-2020-03-20-at-9.53.25-pm.png
Umunyamakuru Niyonsenga Dieudonné uzwi nka Cyuma Hassan/Internet

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Umunyamakuru Cyuma Hassan avuga ko adateze guhindura imikorere nyuma yo gufungurwa
    yego gukorera abaturage ni byiza cyane ninabyo dukeneye ariko itangazamakuru risenya ntaryo dukeneye.

  2. Umunyamakuru Cyuma Hassan avuga ko adateze guhindura imikorere nyuma yo gufungurwa
    yego gukorera abaturage ni byiza cyane ninabyo dukeneye ariko itangazamakuru risenya ntaryo dukeneye.

  3. Umunyamakuru Cyuma Hassan avuga ko adateze guhindura imikorere nyuma yo gufungurwa
    yego gukorera abaturage ni byiza cyane ninabyo dukeneye ariko itangazamakuru risenya ntaryo dukeneye.

  4. Umunyamakuru Cyuma Hassan avuga ko adateze guhindura imikorere nyuma yo gufungurwa
    yego gukorera abaturage ni byiza cyane ninabyo dukeneye ariko itangazamakuru risenya ntaryo dukeneye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *