Guverinoma ya Guverineri w’Intara ya Tanganyika muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Zoe Kabila yafashe icyemezo cyo gushakisha abanyamahanga baba mu mujyi wa Kalemie mu buryo butemewe n’amategeko, kugira ngo bose birukanwe.
Iki cyemezo cyafashwe n’Inama y’Abaminisitiri ba Tanganyika yari iyobowe na Guverineri Kabila tariki ya 12 Werurwe 2021 nk’uko Radiyo Okapi yabitangaje.
Nyuma y’iyi nama, Umuvugizi wa Guverinoma ya Tanganyika, Dieudonne Kamona yashyize ahagaragara ibyemezo byafatiwemo birimo iki kirebana n’abanyamahanga, agira ati: “Inama y’Abaminisitiri yasabye Ibiro bikuru by’Abinjira n’Abasohoka kwirukana byihuse abafite viza z’ubukerarugendo bakora ubucuruzi buto buto n’abandi bahari mu buryo butemewe.”
Kamona yavuze ko muri Kalemie hagaragara abanyamahanga benshi cyane (uruvunganzoka) baturuka mu bihugu bituranye na RDC, bakaba bateza akavuyo, aho usanga hari n’abarara mu nzu imwe ari 5 cyangwa 10.
Yagize ati: “Hari abanyamahanga benshi baturuka mu bihugu by’abaturanyi, baba batembera mu mujyi, bakarara mu nzu imwe ari 5 cyangwa 10, rimwe na rimwe bagakora ubucuruzi buto buto mu buryo butemewe.”
Uyu Muvugizi wa Guverinoma y’Intara yavuze ko itegeko rigena ubucuruzi ryo mu mwaka w’1990 ribuza abanyamahanga gukora ubucuruzi buto. Abenegihugu ni bo gusa bemerewe kubukora.
Intara ya Tanganyika ihana imbibi na Tanzania mu burengerazuba bwayo, ikaba mu majyaruguru Burundi, gusa ntikoze kuri iki gihugu.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


