Jules Karangwa yamaganye inkuru CAF yamwitiriye bataravuganye

Sangiza iyi nkuru

Umujyanama wa FERWAFA mu by’amategeko akanaba Umuvugizi wayo Wungirije, yamaganye inkuru yamwitiriwe iri ku rubuga rw’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) ivuga ko shampiyona y’u Rwanda igiye gusubukurwa igakinwa mu buryo bw’amatsinda.

Ni inkuru yabanje gutangazwa na bimwe mu bitangazamakuru bya hano mu Rwanda, mbere yo kwandikwa n’urubuga rwa CAF.

Amakuru avuga ko FERWAFA yifuza ko shampiyona yazasozwa ku gihe cyagenwe, ikaba impamvu yafashe umwanzuro w’uko igihe bazaba bakomorewe shampiyona yazakinwa mu matsinda, aho yaba ari amatsinda 4 ayobowe n’amakipe yabaye aya mbere 4 mu mwaka ushize w’imikino(APR FC, Police FC, Rayon Sports na Mukura Victory Sports).

Itsinda rizaba rigizwe n’amakipe 4 azahura hagati yayo maze 2 ya mbere mu itsinda azamuke bakine imikino yo gukuranwamo maze haboneke ikipe itwara igikombe.

Urubuga rwa CAF rwasubiyemo amagambo rwise aya Jules Karangwa ruti: “Twagize igitekerezo cyo guhuriza amakipe mu matsinda kugira ngo dushobore kurangiza shampiyona mbere ya Kamena, kuko dushaka kujyana n’ingengabihe ya CAF muri shampiyona itaha.”

Jules Karangwa abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, yavuze ko yamaganye yivuye inyuma iriya nkuru ya CAF.

Ati: “Namaganye nivuye inyuma iyi nkuru ya CAF kuko nta muntu n’umwe wo mu itangazamakuru rya CAF twigeze tuvugana ku byo gusubukura shampiyona. Ni gute nakwemeza amatariki yo kongera gutangira kandi Guverinoma itaratwemerera gusubukura ibikorwa by’umupira w’amaguru?”

Karangwa yasobanuye ko FERWAFA yasabye uruhushya rwo gusubukura shampiyona nk’uko biri ku murongo wa Minisiteri ya Siporo, ubwo busabe bukazabanza gusuzumwa na Minisports cyo kimwe na Minisiteri y’Ubuzima Mbere yo kwemerwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *