Min. w’Intebe w’ u Rwanda ategerejwe muri Tanzania

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Intebe w’ u Rwanda, Dr Edouard Ngirente ategerejwe mu gihugu cya Tanzania mu muhango wo gusezera ku wahoze ayobora icyo gihugu, Dr John Joseph Pombe Magufuli uherutse kwitaba Imana azize umutima.

BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko abaperezida 10 b’ibihugu bya Afurika biteganyijwe ko bagera i Dodoma mu murwa mukuru wa Tanzania ahabera uyu munsi umuhango wa leta wo gusezeraho John Magufuli.

Perezida Félix Tshisekedi wa DR Congo na Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe bamaze kugera muri Tanzania gusezera bwa nyuma kuri Magufuli.

Ibiro bya Perezida, Cyril Ramaphosa wa Africa y’Epfo byatangaje ko nawe uyu munsi yahagurutse agana i Dodoma muri uwo muhango, ubera kuri stade ya Jamhuri ya Dodoma.

Biteganyijwe ko abandi barimo abayobora: Kenya, Zambia, Morocco, Namibia, Malawi na Botswana nabo bari mu bitezwe i Dodoma uyu munsi.

Uretse Dr Ngirente uza guhagararira u Rwanda, hategerejwe kandi visi perezida w’u Burundi, minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Angola n’intumwa z’imiryango y’ibihugu Tanzania ibamo nka SADC na EAC.

Magufuli yatabarutse mu cyumweru gishize, kuri ubu hagenda haba ibikorwa byo kumusezeraho mu bice bitandukanye. Nyuma yo gusezerwaho i Dodoma umurambo wa Magufuli uzajyanwa gusezerwaho muri Zanzibar, na Mwanza mbere yo gusezerwaho bwa nyuma no gushyingurwa aho akomoka hitwa Chato mu majyaruguru ya Tanzania.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


XMA Header Image
Ibyo mwahishwe byose//Miss Rwanda yahawe imbabura//Udushya twayiranze
youtube.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *