Hari amashusho yagaragaje abakozi bo mu nteko ishingamategeko ya Australia bakora igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina mu nzu y’inteko, ibi byatumye umwe mu bakozi bakuru yirukanwa. BBC ivuga ko ibi byongereye ibikorwa byo kunenga politiki “mbi” bimaze iminsi biriho muri iki gihugu kubera imigirire ya bamwe mu banyapolitiki. Amwe muri ayo mashusho yerekana uwo mukozi akorana bimwe mu bikorwa by’imibonano mpuzabitsina ahicara umudepite w’umugore. Minisitiri w’intebe Scott Morrison yavuze ko ayo mashusho “ateye isoni”. Bibaye nyuma y’uko umwe mu bahoze ari abakozi atangaje uko yatinyaga kwirukanwa mu kazi nyuma yo guhohoterwa bishingiye ku gitsina. Brittany Higgins avuga ko yafashwe ku ngufu n’umukozi umukuriye mu biro mu kwezi kwa gatatu 2019, ariko akavuga ko yagize ubwoba bwo kuregera polisi. Byahise bizamura ibindi birego byinshi, mu cyumweru gishize, abantu ibihumbi bakoze urugendo rwo kwamagana ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abagore muri Australia. Zagejejwe ku bitangazamakuru n’umugabo wahoze ari umukozi wa leta, uvuga ko yari amaze kurengerwa nazo kubera ingano y’izo yakiriye. Kimwe n’izo videwo – zafashwe mu myaka ibiri ishize – yavuze ko abantu bakoreraga imibonano mpuzabitsina mu cyumba cy’amasengesho, ndetse bazanaga abacuruza imibiri yabo mu nteko. Uyu avuga ko hari “umuco w’abagabo bumva ko bakora icyo bashaka”. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


