Ibitangazamakuru by’abakekwaho kugerageza guhirika Nkurunziza, byahagaritse gukora

Sangiza iyi nkuru

Ibitangazamakuru bitatu bya bamwe mu Barundi bakekwaho kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza, kuri uyu wa 24 Werurwe 2021 byatangaje ko byahagaritse by’agateganyo gukora ku mpamvu zitabiturutseho.

Ibi ni: RPA (Radio Publique Africaine) kiyobowe na Bob Rugurika, Radio Inzamba Agateka Kawe (RIAK)iyobowe na Alexandre Niyungeko na Télé Renaissance iyobowe na Innocent Muhozi nk’uko bigaragara mu itangazo bahuriyeho.

Rugurika na Muhozi basanzwe bari ku rutonde rw’abantu 34 u Burundi bushakisha bukurikiranyeho kugerageza guhirika Nkurunziza. Reba urutonde rw’abashakishwa bose hano https://bwiza.com/?Urutonde-rw-abashakishwa-bashinjwa-kugerageza-guhirika-ubutegetsi-bwa

Bob Rugurika mu kiganiro yagiranye na Radiyo Ijwi rya Amerika (VOA) nyuma yo gutangaza ko ibi bitangazamakuru byahagaritse gukora, yagaragaje ko iki cyemezo cyafashwe kubera ko Leta y’u Burundi ikomeje kuniga ubwisanzure bw’ibitangazamakuru byaba ibikorera mu gihugu ndetse n’ibikorera mu mahanga.

Ibitangazamakuru VOA na BBC bivuga ko ibi byahagaritse gukora byakoreraga mu Rwanda, bikaba bica amarenga ko iki cyemezo cyaba cyafashwe ku bwumvikane hagati ya Leta zombi, bishingira ku kuba u Burundi bwarasabye u Rwanda ko rwahagarika ibitangazamakuru by’Abarundi bakekwaho guhirika Nkurunziza bahungiye mu Rwanda.

Tariki ya 13 Gicurasi 2015 ni bwo abarimo abasirikare b’u Burundi bagerageje guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza, gusa yahise abwisubiza nyuma y’aka gato. Abakoze iri gerageza bahise bahungira mu bihugu by’amahanga.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *