Kuri uyu wa 26 Werurwe 2021 haraba umuhango wo gusezera bwa nyuma (gushyingura) Dr John Pombe Magufuli wayoboye Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, wapfuye mu cyumweru gishize.
Perezida Samia Suluhu wamusimbuye mu buryo bw’inzibacyuho, yafashe umwanya ashimira abo mu ngeri zitandukanye basezeye kuri Dr Magufuli n’abihanganishije Tanzania muri ibi bihe bitoroshye, akoresheje imbuga nkoranyambaga ze.
Perezida Samia yagize ati: “Uyu munsi ubwo turashyingurwa umukundwa wacu Perezida Dr John Pombe Joseph Magufuli; mu izina ry’abaturage ba Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania ndetse no ku giti cyanjye, ndashimira bagenzi banjye, abayobozi b’igihugu, abanyamadini, abanyapolitiki, umuryango w’abadipolomate.”
Yakomeje ashimira: ibitangazamakuru, abahanzi, abanyamuziki na buri wese wihanganishije Tanzania muri bihe bikomeye irimo. Ati: “Imana ihe Perezida mukundwa wacu amahoro adashira. Amena.”
Tariki ya 17 Werurwe 2021 ni bwo Dr Magufuli yapfuye azize indwara y’umutima. Yari amaze amezi make atangiye kuyobora manda ya kabiri izarangira mu 2025.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


