Umukinnyi wa Liverpool na Misiri, Mohamed Salah kuri uyu wa 25 Werurwe 2021 yatunguye abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Kenya ubwo bari bamaze gukina, bose buzura ibinezaneza.
Ikipe y’igihugu ya Kenya yakiriye Misiri mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’ibihugu (CAN), umukino urangira yombi anganya igitego 1-1 ariko Kenya irasezererwa.
Abakinnyi ba Kenya ndetse n’abayobozi b’iyi kipe bagiye mu rwambariro, barinegura, Mohamed Salah abasanga aho bari, bakoze akaziga, na bo bamwakirana urugwiro.
Salah yagiye hagati y’uruziga rw’ikipe ya Kenya, maze afata ijambo agira ati: “Ndagira ngo mbashimire kuba mwatwakiriye. Mu by’ukuri twakinnye umukino mwiza ariko ku bw’amahirwe make, ntabwo mwabashije gukatisha itike. Mwakinnye neza, ubutaha muzahirwa.”
Ubwo Salah yari amaze kuvuga iri jambo, ikipe ya Kenya yose yahise imukomera amashyi mu byishimo byinshi.
Reba videwo muri iyi tweet https://twitter.com/friendsofutball/status/1375168845103632389?ref_src=twsrc%5Etfw%7Ctwcamp%5Etweetembed%7Ctwterm%5E1375168845103632389%7Ctwgr%5E%7Ctwcon%5Es1_&ref_url=https%3A%2F%2Fwww.kingfut.com%2F2021%2F03%2F25%2Fclass-act-from-mohamed-salah-kenya%2F
N’umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Kenya, Nick Mwenda nk’uko tubikesha Kenyans, yishimiye uburyo Salah yigaragarije iyi kipe bari bahanganiye mu kibuga, amwita umuhanga na Ambasaderi wa Afurika.
Yabwiye Salah ati: “Wakoze kuza hano no kuba wahaye agaciro ingufu twakoresheje. Amahirwe masa mu gikombe cy’ibihugu (CAN) kandi mwakoze kwitwara neza.
Kenya iri mu itsinda G riyobowe na Misiri ifite amanota 9, ikaba inganya na Comores iri ku mwanya wa kabiri. Yo yasezerewe iri ku mwanya wa gatatu n’amanota 4, Togo ya nyuma yo ifite amanota 2.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


