Igitangazamakuru cya Leta cyabitse Perezida Suluhu, cyihutira gusaba imbabazi

Sangiza iyi nkuru

Igitangazamakuru cya Leta ya Tanzania cyitwa TSN (Tanzania Standard Newspapers) kibinyujije mu gashami kacyo ka Daily News kuri uyu wa 29 Werurwe 2021 cyabitse Perezida mushya, Samia Suluhu Hassan, cyihutira gusaba imbabazi.

Ubutumwa bubika Perezida Suluhu bugaragara mu itangazo ryamamaza Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, STAMICO (State Mining Corporation).

Daily News yatangaje ubutumwa bugira buti: “Inama y’Ubutegetsi n’ubuyobozi bwa STAMICO bwifatanyije n’Abatanzaniya mu kababaro k’urupfu rwa Nyakubahwa Perezida Samia Suluhu Hassan warahiye nka Perezida wa 6 wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania.”

TSN nyuma yo kumenya ko yakoze iri kosa, yahise gisaba imbabazi ndetse itangaza ko ivugurura iri tangazo. Yagize iti: “Itangazo ryamamaza rya STAMICO ryagaragaye muri Daily News uyu munsi ryabitse Nyakubahwa Perezida Samia Suluhu Hassan, aho kwifuriza amahirwe Nyakubahwa warahiye nka Perezida wa 6 wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania.”

Iki gitangazamakuru cyicujije kiti: “Turicuza ingaruka zatewe n’iri kosa cyane cyane kuri Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ndetse n’umukiriya wacu, STAMICO.”

TSN yaboneyeho gutangaza ko itangazo risaba imbabazi rinakosoye iritangaza uyu munsi tariki ya 30 Werurwe 2021.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *