Amavubi y’abakinnyi 10 yihagazeho imbere ya Caméroun, abura itike ya CAN

Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ yiyongereye ku rutonde rw’ibihugu byabuze itike y’Igikombe cya Afurika, nyuma yo kunganya na Caméroun 0-0. Hari mu mukino wa nyuma wo mu tsinda F wabereye i Douala. Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ yakinnye iminota 35 ya nyuma y’uyu mukino ifite abakinnyi 10 mu kibuga bonyine, nyuma y’ikarita itukura yeretswe umuzamu Kwizera Olivier ku munota […]

Minisitiri Ngirente yahagarariye Perezida Kagame mu irahira rya Touadéra

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, kuri uyu wa 30 yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida wa Repubulika ya Centrafrika, Faustin Touadéra, ahagarariye Perezida Paul Kagame wa Repubulika y’u Rwanda. Byemejwe n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe mu kanya gashize, byerekana ko Minisitiri Ngirente yakiriwe mu biro na mugenzi we, Firmin Ngrebada. Uyu muhango wabaye ku manywa y’uyu munsi, […]

Intamba na zo zabuze itike ya CAN, mbere yo kurangiza umuhango muri Maroc

Ikipe y’igihugu y’u Burundi ‘Intamba mu Rugamba’, yiyongereye ku makipe y’ibihugu atazakina imikino y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Caméroun, nyuma y’uko itike yari itegereje itwawe na Mauritania. Ni nyuma y’uko iyi Mauritania itsinze Centrafrique igitego 1-0, mu mukino wa nyuma wo mu tsinda E. Igitego cyo mu gice cya Mbere cy’umukino cya Aboubakar Kamara cyari […]

Miss Sonia yahaswe ibibazo ku mpano y’umuturirwa yahawe mu 2003

Umukinnyi wa filimi w’Umufaransakazi ukomoka mu Rwanda, Sonia Rolland yahaswe ibibazo ku muturirwa ufite agaciro k’amayero arenga amafaranga y’u Rwanda miliyoni 900 yahawe na Omar Bongo Ondimba wayoboye Gabon kuva mu 1967 kugeza mu 2009. Nk’uko igitangazamakuru Libération cyabivuze kuri uyu wa 29 Werurwe 2021,Bongo yahaye Sonia iyi nyubako iherereye mu gace kitwa 16eme Arrondissement […]

Ubujurire bwa Gen Ntaganda bwateshejwe agaciro, ibyaha 18 yahamijwe bigumaho

Urugereko rw’Ubujurire mu rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rw’i La Haye mu Buholandi, rwatesheje agaciro ubujurire bwa Gen Bosco Ntaganda, rugumishaho ibyaha 18 by’intambara n’ibyibasiye inyoko muntu yari yarahamijwe. Ku wa 7 Ugushyingo 2019 ni bwo Gen Ntaganda yahamijwe ibyaha 18 birimo gufata ku ngufu, ubwicanyi, kwinjiza abana mu gisirikare, gutuma abantu bavanwa mu byabo n’ibindi […]

Murekatete avuga ko abaganga bamuhohoteye, bamwangiriza uruhago rw’inkari

Murekatete Claudine utuye mu Mudugudu wa Kibaya, Akagari ka Kamashashi, Umurenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro avuga ko mu 2016 ubwo yari agiye kubyara, yahohotewe n’abaganga b’ibitaro bya Masaka, bamubaga nabi yangizwa uruhago rw’inkari bigera aho ajya yihagarika yifashishije agahombo (sonde). Mu kiganiro yagiranye na Bwiza TV, yagize ati: “Mu kwezi kwa 6 mu […]

Busia: Umugore yakoranye ubukwe n’umurambo w’umugabo we (videwo)

Umugore utuye ahitwa Funyula, Busia muri Kenya, Beatrice Mbayi yakoze ubukwe ari kumwe n’umurambo w’umugabo we, William Godfrey Mukalama mu isanduku mu rwego rwo kugira ngo bakomeze kuba umwe. Uyu mugabo nk’uko ibinyamakuru byabigarutseho, yari aherutse gupfa ariko aba bombi batarakora ubukwe. Umwe mu bari bahagarariye uyu muhango, yabwiye uwapfuye ko atari uko babishakaga gusa […]

Ndishinganisha_Umunyamakuru Ndahiro Valens

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy wa televiziyo BTN, tariki ya 28 Werurwe 2021 yatangaje ko yishinganisha nyuma yo guterwa ubwoba n’umupolisi wamubwiye ko azamufunga. Uyu munyamakuru yabivugiye mu kiganiro ‘Ibivugwa mu Cyumweru’ gitambuka kuri iyi televiziyo buri ku Cyumweru. Ndahiro ubwo yabazwaga birambuye kuri aya magambo yavugiye muri iki kiganiro, yabwiye Ukwezi TV ati: “Navuze ikijyanye […]

Polisi ya Tanzania ivuga ko abantu 45 bapfuye, 37 bagakomereka mu gusezera Dr Magufuli

Polisi ya Tanzania yemeje ko abantu 45 bapfuye naho abandi 37 barakomereka ubwo ababarirwa mu bihumbi babyiganiraga mu gikorwa cyabereye i Dar es Salaam cyo gusezera kuri John Magufuli. Polisi yari imaze igihe yotswa igitutu ngo yemeze amakuru ajyanye n’uwo mubyigano, nyuma yuko hari umuryango wavuze ko wapfushije abantu batandatu. Mu gihe hashize icyumweru kirenga […]

Didier Deschamps yabaye nk’ukubiswe n’inkuba ubwo yabazwaga kuri Karim Benzema

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’Ubufaransa ‘Les Bleus’, Didier Deschamps, yabaye nk’ukubiswe n’inkuba ubwo yabazwaga n’umunyamakuru w’umunya-Kazakhstan impamvu atajya ahamagara Karim Benzema. Hari mu kiganiro Didier Deschamps yagiranye n’itangazamakuru, nyuma y’umukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cyo muri Qatar cya 2022 Ubufaransa bwatsinzemo Kazakhstan ibitego 2-0 ku Cyumweru. Umutoza w’Ubufaransa yatunguwe cyane no kubazwa izina Benzema […]

Abasaga 50 mu bitabiriye isabukuru y’umwe mu basore ‘bamaze gupfa’ by’amayobera

Muri Nigeria haravugwa impfu z’abantu basaga 50 mu bari bitabiriye isabukuru y’umwe mu basore bazwi nka ” Yahoo” muri Leta ya Ogun mu gace ka Akute. Aya makuru ahanini yakwiriye ku mbuga nkoranyambaga ko aba bitabiriye ibyo birori by’umusore bikekwa ko acuruza forode (yahoo boy) mu cyumweru gishize, gusa imppfu z’amayobera zikomeje kugaragara muri ako […]

Imyaka imaze kuba 39 myugariro wakiniye PSG n’Ubufaransa ari muri koma

Imyaka imaze kuba 39 myugariro Jean-Pierre Adams wakiniye amakipe atandukanye arimo PSG n’ikipe y’igihugu y’Ubufaransa aguye muri Koma. Inkuru y’uyu mukambwe w’imyaka 73 y’amavuko ni imwe mu zibabaje zishobora kuba zarabaye mu mateka y’umupira w’amaguru. Jean Pierre Adams mu busanzwe yavukiye muri Sénégal, gusa aza kuhava afite imyaka 10 y’amavuko yerekeza mu gihugu cy’Ubufaransa. Nk’umukinnyi […]

U Rwanda n’ibindi bihugu 22 bisaba ko hashyirwaho amasezerano yo kwitegura ibindi byorezo

Abakuru b’Ibihugu 23 birimo u Rwanda kuri uyu wa 30 Werurwe 2021 basabye ko hashyirwaho amasezerano yo kwitegura ibindi byorezo bishobora kuzibasira Isi mu gihe kizaza. Nk’uko Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) byabitangaje, ababisabye bayoboye ibihugu birimo: Fiji, Portugal, Romania, u Bwongereza, u Rwanda, Kenya, u Bufaransa, u Budage, u Bugiriki, Koreya y’Epfo, Chile, Costa Rica, […]

Perezida Suluhu yatangaje umusimbura we ku mwanya wa Visi Perezida

ext9r5mveaagr8e.jpg

Perezida mushya wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan kuri uyu wa 30 Werurwe 2021, yatangaje Visi Perezida w’iki gihugu. Uwo yahisemo ni Dr Philip Mpango usanzwe ari Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi wa Tanzania. Nyuma yo gutangazwa kwa Dr Mpango nk’uzaba Visi Perezida mushya wa Tanzania, hakurikiyeho kubanza kwemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko. Abagize Inteko […]

Urugo rwa Dr Kayumba rwasatswe, abakozi be n’abamukoreraga bahatwa ibibazo-Ishyaka RPD

Ishyaka rya politiki RPD kuri uyu wa 30 Werurwe 2021 ryatangaje ko ejo hashize, abakozi bane b’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) basatse urugo rw’umuyobozi waryo, Dr Kayumba Christopher. Iri shyaka rivuga ko aba bakozi ba RIB bafotoye ibintu byose byo mu nzu no hanze, nyuma yo gusaka urugo rwa Dr Kayumba batwara n’abakozi be bo mu […]

Rusizi: Umukirisito mwiza ni uharanira iterambere-Pasiteri Nsengamungu

ibyinshi_kuri_uru_rusengero_byakozwe_mu_gihe_cya_covid-19_ahandi_imirimo_isa_n_iyahagaze.jpg

Umushumba mu itorero ADEPR/Paruwasi ya Gashonga mu Karere ka Rusizi, Rév. Past. Nsengamungu Valens arasaba abakiristo b’iri torero kudaheranwa n’ibibazo binyuranye batewe n’ingaruka bagizweho n’icyorezo cya COVID-19 cyibasiye aka karere igihe kirekire, bagakora cyane baharanira iterambere ry’umwuka n’iry’umubiri kugira ngo bongere bazamure imbaraga mu bukungu nka mbere n’umurimo w’Imana urusheho gukorwa neza. Uyu mushumba yabitangaje […]

Inkweto irimo amaraso y’umuntu iri kwitwa iya Satani yakangaranyije Nike

Nike iri gukurikirana abanyabugeni MSCHF kubera inkweto zitavugwaho rumwe ziswe “Inkweto za Satani” zifite igitonyanga cy’amaraso nyayo y’umuntu mu mupira wazo. Izi nkweto za siporo zaguzwe $1,018 (arenga miliyoni imwe y’u Rwanda) ziriho umusaraba ucuritse, akamenyetso ka ‘pentagram’ hamwe n’ijambo “Luke 10:18”, zakozwe bahinduye Nike Air Max 97s. Ku wa mbere MSCHF yasohoye izi nkweto […]

Igitangazamakuru cya Leta cyabitse Perezida Suluhu, cyihutira gusaba imbabazi

Igitangazamakuru cya Leta ya Tanzania cyitwa TSN (Tanzania Standard Newspapers) kibinyujije mu gashami kacyo ka Daily News kuri uyu wa 29 Werurwe 2021 cyabitse Perezida mushya, Samia Suluhu Hassan, cyihutira gusaba imbabazi. Ubutumwa bubika Perezida Suluhu bugaragara mu itangazo ryamamaza Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, STAMICO (State Mining Corporation). Daily News yatangaje ubutumwa bugira […]

Perezida Ndayishimiye yagaragaye acungiwe umutekano n’ingabo z’u Rwanda i Bangui (Amafoto)

img_20210329_231238.jpg

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yagaragaye i Bangui mu murwa mukuru wa Repubulika ya Centrafrique acungiwe umutekano n’ingabo z’u Rwanda, igihugu yigeze kwita indyarya. Ku gicamunsi cy’ejo ku wa Mbere ni bwo Perezida Ndayishimiye yasesekaye i Bangui, aho yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Faustin-Archange Touadéra. Perezida Touadéra arahirira kuyobora Repubulika ya Centrafrique muri manda ya […]