Ikipe y’Igihugu ya Uganda ‘The Cranes’, yiyongereye mu makipe yo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba atazakina imikino y’Igikombe cya Afurika iteganyijwe kubera muri CamĂ©roun, nyuma yo gutsindwa na Malawi igitego 1-0.
Ni mu mukino wabereye kuri Stade ya Kamuzu iherereye mu mujyi wa Blantyre, ejo ku wa Mbere.
Uganda yasabwaga byibura kuwunganya kugira ngo izamukane na Burkina Faso, gusa birangira itsinzwe igitego 1-0.
Ni igitego cyatsinzwe n’umutwe na Richard Mbulu mu gice cya kabiri cy’umukino, ku mupira yari ahinduriwe na myugariro w’iburyo, Stanley Sanudi.
Richard Mbulu wabujije Abagande kugera ku nzozi zabo zo kongera kwitabira CAN, yahoze ari umusirikare mu gisirikare cya Malawi.
Magingo aya akinira ikipe ya Baroka FC yo muri Afurika y’Epfo. Igitego rukumbi yatsinze muri uriya mukino cyari gihagije Malawi ngo ibone itike y’Igikombe cya Afurika ku nshuro ya gatatu.
Uganda yasezerewe nyuma y’ibindi bihugu byo mu karere nka Sudani y’Epfo yasezerewe rugikubita, Congo Kinshasa, Kenya na Tanzania.
Gusezererwa kw’ibi bihugu bisobanuye ko amaso yose akarere kayahanze ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ ndetse n’ikipe y’Igihugu cy’u Burundi ‘Intamba mu Rugamba’.
Ni amakipe yombi afite akazi gakomeye cyane kugira ngo abone itike ya CAN, kuko nk’Amavubi asabwa gutsindira CamĂ©roun i Douala kuri uyu wa Kabiri, ariko nanone agasenga asaba ko Mozambique yatsinda Cap-Vert.
Abarundi na bo bafite umusozi muremure wo kurira kuko basabwa kujya gutsindira Maroc i Rabat, ariko nanone bagasenga basaba ko Mauritania itabona amanota atatu kuri Repubulika ya Centrafrique.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


