Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy wa televiziyo BTN, tariki ya 28 Werurwe 2021 yatangaje ko yishinganisha nyuma yo guterwa ubwoba n’umupolisi wamubwiye ko azamufunga.
Uyu munyamakuru yabivugiye mu kiganiro ‘Ibivugwa mu Cyumweru’ gitambuka kuri iyi televiziyo buri ku Cyumweru.
Ndahiro ubwo yabazwaga birambuye kuri aya magambo yavugiye muri iki kiganiro, yabwiye Ukwezi TV ati: “Navuze ikijyanye no kwishinganisha ku kijyanye n’amagambo nabwiwe njyewe ubwanjye ubwo nari ndi gukavaringa [sinibuka itariki] ariko nari ndi mu Gatsata.”
Avuga ko byabaye mu minsi ishize ubwo yari yagiye gutara inkuru y’abantu bari barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19 muri uyu murenge uherereye mu Karere ka Nyarugenge.
Muri aba bantu harimo babiri bari barashyizwe mu kato bari barwaye iki cyorezo, aba bafashwe bari kunywera mu kabari. Aba ngo babajije abanyerondo impamvu babashyize mu ruhame kandi bazi ko banduye.
Ati: “Niba umupolisi ataranyuzwe n’uko umuturage ampaye amajwi ateye atyo, arangije aravuga ngo ‘zinga camera yawe’, ndabyanga, nanga kuyizinga, nkomeza kuvugana n’abaturage, mbona agize reaction itari nziza.”
Uyu mupolisi ngo yamubwiye ati: “Papy, bampaye gahunda yo kugufata nkagufunga, kandi nzagufunga. Abumva ko naba mbeshya, bazambwire iryo jwi ndarifite.”
Ndahiro Valens uvuga ko atarazi uyu mupolisi keretse kumenya ko akorera mu Gatsata, yakomeje kwibaza ku ijambo yamubwiye, bimutera kwishinganisha. Ati: “Ubu se aho ntavuga ngo nishinganishe ni he? Nanjye ndishinganisha, na n’iyi saha ndacyishinganisha.”
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV



2 Responses
Ndishinganisha_Umunyamakuru Ndahiro Valens
agaciro ko kwishinganisha ni akahe?
ubundi se umupolisi yemerewe gufunga umuntu adafite urupaputo rufunga?
kuva RNP itakigira CID, Ntiyagombaga kugira uburenganxira bwo gufunga.
NB: NTIMUNYONGRRE INKURU PLZ.
Ndishinganisha_Umunyamakuru Ndahiro Valens
agaciro ko kwishinganisha ni akahe?
ubundi se umupolisi yemerewe gufunga umuntu adafite urupaputo rufunga?
kuva RNP itakigira CID, Ntiyagombaga kugira uburenganxira bwo gufunga.
NB: NTIMUNYONGRRE INKURU PLZ.