Murekatete avuga ko abaganga bamuhohoteye, bamwangiriza uruhago rw’inkari

Sangiza iyi nkuru

Murekatete Claudine utuye mu Mudugudu wa Kibaya, Akagari ka Kamashashi, Umurenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro avuga ko mu 2016 ubwo yari agiye kubyara, yahohotewe n’abaganga b’ibitaro bya Masaka, bamubaga nabi yangizwa uruhago rw’inkari bigera aho ajya yihagarika yifashishije agahombo (sonde).

Mu kiganiro yagiranye na Bwiza TV, yagize ati: “Mu kwezi kwa 6 mu 2016 nari ngiye kubyara umwana wa mbere, nagiye ku kigo nderabuzima, bahita banyohereza ku bitaro bikuru bya Masaka, tariki ya 15 ni bwo nabazwe, hanyuma muri uko kubagwa nabazwe nabi, nangizwa uruhago rw’inkari, nkurizamo kurwara fisitile (fistule).”

Akomeza ati: “Hanyuma baratunanirwa twahamaze igihe, tariki ya 21 ni bwo twavuyeho batwohereza mu bindi bitaro. Batwohereje ku bitaro bya CHUK, hanyuma tugezeho naho batubwira ko tugomba kongerakubagwa. Ariko bari babanje gushaka kwanga kutwakira kubera ko bakibahereza ibipapuro bakuye i Masaka, bari babanje kuvuga ngo umuntu wadukoreye ibintu nk’ibyo ngibyo ni nde ? Uwari utujyanye ababwira yuko atabizi, ngo bamuhaye umuntu ngo amuzane.”

Fungura iyi videwo, wumve inkuru irambuye

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *