Musenyeri Cyprian Kizito yasanzwe mu cyumba cye yapfuye

Sangiza iyi nkuru

Musenyeri Dr Cyprian Kizito Lwanga wari Umushumba wa Diyosezi ya Kampala muri Uganda, yitabye Imana mu ijoro ryakeye.

Urupfu rwa Kizito Lwanga wari Arkiyeskikopi wa gatatu wa Diyosezi ya Kampala rwemejwe na Kiliziya Gatolika muri Uganda, yavuze ko yasanzwe mu cyumba cye yapfuye.

Dr Lwanga yari yarimitswe nka Arkiyeskopi wa Kampala ku wa 19 Kanama 2006.

Uyu mwepiskopi yaherukaga kugaragara mu ruhame ejo ku wa Gatanu, ubwo yasomaga misa y’uwa Gatanu Mutagatifu kuri Kiliziya Gatolika ya Rubaga.

Kiliziya Gatolika muri Uganda yatangaje ko “Ibijyanye n’imihango yo kumushyingura biratangazwa nyuma.”

Dr Lwanga witabye Imana yari asanzwe ari Umuyobozi w’Inama ihuriwemo n’amatorero yo muri Uganda (UJCC), iri mu nzego zivuga rikumvikana muri kiriya gihugu.

Mu Ukuboza umwaka ushize, uyu mushumba yari yasabye ko amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri Mutarama uyu mwaka asubikwa imyaka itatu, kugira ngo Uganda ibanze guhangana n’icyorezo cya Covid-19 kiyugarije.

Ni amagambo atarakiriwe neza cyane ku ruhande rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda bamushinje guhengamira ku ruhande rwa Perezida Museveni, gusa we akavuga ko bamwumvise nabi.

Uretse kuba yari Umushumba wa Diyosezi ya Kampala, Musenyeri Cyprian Lwanga yanabaye Musenyeri wa Diyosezi ya Kasana-Luweero Kuva mu Ugushyingo 1996.

Yitabye Imana afite imyaka 68 y’amavuko.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *