harmonize-and-his-beautiful-actor-girlfriend-kajala-masanja.jpg

Harmonize yaba yahise atandukana n’umukunzi we mushya, Kajala

Sangiza iyi nkuru

Imwe mu nkuru ziri kuvugwa cyane muri Tanzania ni ugutandukana kwa Harmonize n’umukunzi we bari bamaranye igihe gito, Kajala Masanja ku mpamvu zitaramenyekana.

Ibi birashingirwa ku kuba Kajala yamaze gusiba amafoto yose ari kumwe na Harmonize kuri Instagram ndetse akamu-unfollowing (akareka gukomeza gukurikira ibyo ashyira kuri urwo rubuga).

Si ibyo gusa kuko hari gushingirwa nanone ku butumwa Kajala yahise yandika nyuma yo gukora icyo gikorwa. Ngo ” “Usimuumize mtu kwa ajili ya sababu zako binafsi” Bivuze ngo ” Ntukababaze umuntu ku mpamvu zawe bwite.”

Kajala na Harmonize bari bamaranye igihe gito nyuma y’aho uyu mugabo yari yaratandukanye na Sarah. Kuri ubu, aba bombi ntawe uragira icyo atangaza kuri aya makuru ko batandukanye.

harmonize-and-his-beautiful-actor-girlfriend-kajala-masanja.jpg

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *