Gasabo: Abageni batangiriye ukwa buki muri Stade bazira kwica amabwiriza yo kwirinda COVID-19

Sangiza iyi nkuru

Umukwe n’umugeni barajwe muri Stade muri Stade Amahoro i Remera, nyuma yo gufatirwa mu Murenge wa Kimirongo mu Mujyi wa Kigali barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Abafashwe bari kumwe n’abashyitsi babo basaga 60 ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru muri Hotel Le Printemps, polisi isanga barimo kwiyakira, barya bananywa.

Ni mu gihe amabwiriza ya Guverinoma yatangiye kubahirizwq guhera ku wa 30 Werurwe 2021, ateganya ko “ishyingirwa rikorerwa imbere y’ubuyobozi no mu nsengero riremewe, ariko bikitabirwa n’abantu batarenze 20 kandi hubahirizwa ingamba zo kwirinda COVID-19. Ibirori byo kwiyakira birabujijwe.”

Ku Cyumweru cya Pasika kandi Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 110 bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda no kurwanya Covid-19.

Barimo abagera kuri 60 bafashwe ku wa Gatandatu muri hoteli yitwa CENETRA iherereye i Kabuga mu murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo, bari mu birori byo kwiyakira nyuma y’umuhango w’ubukwe bari bavuyemo.

Icyo gihe bamwe muri bo barimo n’abageni bahise biruka polisi irababura, abafashwe bahita bajyanwa kuri Stade Amahoro ari na ho baraye.

Hoteli yahise ifungwa by’agateganyo, ikaba ishobora gucibwa amande ari hagati ya Frw 100,000 na Frw 300,000; ndetse no gufungwa igihe kiri hagati y’ukwezi kumwe n’amezi atatu, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko abenshi mu bafashwe ari abo mu karere ka Rusizi, ashimangira ko gufata aba bantu bose byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

CP Kabera yibukije ba nyiri hoteli n’abandi bafite aho bakirira abantu ko bakwiye kujya bakurukirana ibikorwa bibera aho bahagarariye ndetse n’abantu bakira, bijyanye n’uko ubuyobozi bw’iriya Hoteli bwahakanye ko butazi niba bariya bantu bari bafite ubukwe.

Uretse mu mujyi wa Kigali, mu gitondo cyo ku wa 3 Mata Polisi yafatiye mu Karere ka Gatsibo abantu 65 bayobowe na Pasiteri Butera Theogene bari mu nzu basenga, abandi 54 bafatirwa mu rugo rw’umuturage bari mu muhango wo gusaba no gukwa.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *