Abana ba Kabuga Félcien ukurikiranyweho ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi, bashinje umwunganizi we, Me Emmanuel Altit kumufata bugwate, kuko atabaha amakuru y’ubuzima bw’umubyeyi wabo.
Ni ibikubiye mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryasohowe na Donatien Nshimyumuremyi, imfura ya Kabuga akanaba uhagarariye umuryango we.
Yagize ati: “Ubuzima bwa Papa bukomeje kumera nabi kuva yagera i La Haye, kandi umwunganizi we Emmanuel Altit ntabwo aravugana na papa cyangwa abana be mu gihe kirenga amezi abiri, ndetse na nyuma yuko akoze [Kabuga] impanuka aho afungiye akaza kubagwa bikomeye”.
“Turumva papa arimo gufatwa bugwate n’umwunganizi we, wanga kuvugana na we cyangwa umuryango we kandi akaba atari kumwunganira uko bikwiye”.
Abana ba Kabuga bavuga ko bagishije inama abanyamategeko mpuzamahanga bo mu manza mpanabyaha, bakababwira ko bishoboka ko byumvikanyweho na se n’urugereko rumuburanisha, umwunganizi we yajya abaha amakuru ku buzima bwe.
Bavuga ko ari bo b’ibanze bitaye kuri se mu myaka mike ishize, bagashimangira ko bababajwe cyane no gukumirwa n’umuntu ufatwa nk’ukwiye kuba aharanira inyungu z’umubyeyi wabo mu buryo bushoboka bwose.
Bavuga ko bahangayikishijwe no kuba se amaze ukwezi kurenga ari mu bitaro i La Haye, kandi afite intege nke cyane ari no mu rujijo, ku buryo inama iheruka n’umucamanza yabaye gusa mu buryo bw’inyandiko kuko atashoboraga kwitabira.
Ku bwabo ibyo bivuze ko, kuba umwunganizi amaze igihe kirekire ataramubona, bisobanuye ko Kabuga ahejwe burundu mu rubanza rufata umwanzuro ku buzima bwe.
Bunzemo bati: “Dufite ubwoba ko umwunganizi arimo gukorana n’abategetsi ngo baburanishe papa hatitawe ku buzima bwe bwo ku mubiri no mu mutwe kandi ko uburenganzira bwa papa n’ubwacu burimo guhonyorwa”.
Me Emmanuel Altit yaherukaga gusaba kwemererwa kureka kunganira Kabuga, gusa urukiko rw’urwego rwa Loni rwasigaye rurangiza imanza zitarangijwe n’urukiko rwa Arusha rutegeka ko akomeza kumwunganira.
Altit avuga ko abona Kabuga wenyine ari we wamuha amabwiriza, kandi gusangira amakuru n’abo mu muryango we bikaba binyuranyije n’amabwiriza y’ibanga.
Ku bijyanye no kuba urukiko rwaramwangiye kuva mu rubanza rwa Kabuga, yabwiye BBC ko ntacyo yabivugaho.
Altit yunganira Kabuga kuva muri 2020, nyuma y’uko afatiwe mu Bufaransa muri Gicurasi akagezwa imbere y’inkiko zaho maze akoherezwa i La Haye mu Buholandi ku ishami ry’urukiko mpuzamahaga rwa Arusha.
Mu Ugushyingo 2020 ubwo Kabuga yasomerwaga ibyaha aregwa, Me Altit yahawe umwanya avuga ko asaba ko Kabuga yakwemererwa kutagira icyo avuga, yungamo ati: “ariko binavuze ko atanemera ibyo aregwa.”


