Iperereza riravuga ko hari ingabo zo mu gisirikare cya Uganda (UPDF) bari mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Iki kibazo kikaba giherutse kuzamurwa na depite Godfrey Katusabe.
[ad id=”44145″]
“ N’iki bari gukora muri Congo nta ruhushya rw’inteko ishinga amategeko? Ibintu nk’ibi nibyo ntandaro y’ubwimvikane bucye hagati y’ibihugu ,” uwo ni Hon Katusabe wongeyeho ko abaturage baturiye imipaka ari bo bahura n’akaga, asaba guverinoma gukora iperereza.
Uyu mudepite kandi yanahishuye ko ibinyamakuru mu burasirazuba bwa Congo bimaze iminsi bitangaza ko hari ingabo 5,000 za Uganda ku Kibuga cy’indege cya Beni.Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Ruhakana Rugunda akaba yatangaje ko guverinoma akuriye igiye gukurikirana ibi bintu nk’uko Redpepper dukesha iyi nkuru ivuga.
Itegeko Nshinga rya Uganda riha Inteko Ishinga Amategeko ububasha bwo gushyiraho amategeko agenga ingabo z’igihugu, ndetse ikaba ifite n’ububasha bwo kwemeza aho zoherezwa mu kazi hanze ya Uganda.
[ad id=”44145″]
Mu 1998, izi ngabo za Uganda zambutse umupaka zinjira muri Congo zigiye kubungabunga umutekano hafi y’umupaka wa Uganda mu rwego rwo gukumira inyeshyamba za ADF zirwanya ubutegetsi bwa Uganda zikorera mu burasirazuba bwa Congo. Iki gikorwa kikaba cyarahawe umugisha n’abagize inteko ishinga amategeko icyo gihe.
Ku rundi ruhande, Radio Okapi iratangaza ko guhera kuwa Kane ushize abayobozi ba Ituri ku ruhande rwa Congo n’abo mu turere 10 two muri Uganda duturiye imipaka, bahuriye mu mujyi wa Nebi muri Uganda bashakira umuti ibibazo by’umutekano bikunze kugaragara ku mipaka y’ibihugu byombi.
[ad id=”44145″]
Abitabiriye iyi nama kandi bagomba no kuganira ku kibazo cy’urujya n’uruza rw’intwaro ku mupaka w’ibihugu byombi, aho umuyobozi wa Teritwari ya Aru, nawe uri mu ntumwa za Congo muri iyi nama, yagaragaje ko muri iyi minsi umutekano wongeye kuba mucye bitewe n’intwaro ziri kwinjira muri congo ziturutse muri Uganda mu buryo budasobanutse.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


