Perezida Ndayishimiye aragirira uruzinduko rwa gatandatu mu mahanga

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yitezwe kuri uyu wa Mbere kugirira uruzinduko mu gihugu cya Congo-Brazzaville ruza kuba urwa gatandatu agiriye mu mahanga.

Perezida Ndayishimiye araba yitabiriye irahira rya Perezida Denis Sassou Nguesso uheruka gutorerwa kuyobora kiriya gihugu muri manda ya kane yikurikiranya.

Mu kwezi gushize ni bwo Denis Sassou Nguesso yatorewe kuyobora Congo-Brazzaville muri manda ya kane, nyuma yo gutsinda abo bari bahanganye ku majwi 88.57%.

Perezida Ndayishimiye ni umwe mu bitabira umuhango w’irahira rye uzaba ejo ku wa Gatanu.

Congo-Brazzaville ni igihugu cya gatandatu Perezida w’u Burundi agiye gusura kuva yatorwa muri Gicurasi umwaka ushize.

Bwa mbere asohoka hanze y’igihugu cye yari yari yagendereye Tanzania, nyuma agirira ingendo mu bihugu bya Gabon na GuinĂ©e Equatoriale, akomereza mu gihugu cya Misiri mbere yo kujya muri Repubulika ya Centrafrique aho aheruka kwitabira irahira rya Perezida Faustin-Archange TouadĂ©ra.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *