Umuhungu wa Perezida wa Uganda akaba n’Umujyanama wa Se mu bya gisirikare, Umuyobozi w’Ingabo zidasanzwe, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba avuga ko akeneye guhura n’umwe mu banyabugeni bamushushanyije. Ku rubuga rwe rwa Twitter, Muhoozi avuga ko yifuza guhura n’uwo muntu wamushushanyije. Ati ” Ndacyakeneye guhura na we.” Muhoozi ati ” Ndacyakeneye guhura n’uyu munyabugeni w’agatangaza. Ndashaka guhura na we.” Nk’ibisanzwe, hari ababyishimiye mu gihe abandi bivugiraga ibindi bidahuye n’ibyo we yatangaje. Gen. Muhoozi arashakisha uwaba yarashushanyije iyi foto/Twitter Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV



