Icyo u Bufaransa buvuga kuri Raporo y’ u Rwanda ibushinja kurebera ikorwa rya jenoside

Sangiza iyi nkuru

Mu itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’Ubufaransa, Minisitiri Jean-Yves Le Drian yavuze kuri Raporo y’ u Rwanda ivuga ko iki gihugu ntacyo cyakoze ngo gihagarike Jenoside yakorewe Abatutsi, yemeza ko ari ‘indi ntambwe iganisha ku kumva amateka ahuriweho’.

Le Drian avuga ko Ubufaransa “bwifatanyije n’ubushake bwerekanywe n’abategetsi b’u Rwanda bwo kubaka igice gishya mu mubano w’Ubufaransa n’u Rwanda.”

Kuva nyuma ya jenoside ibihugu byombi byakunze kurebana nabi, u Rwanda rushinja Ubufaransa uruhare muri jenoside no guhishira abayigizemo uruhare.

Hagati ya 2006 na 2009 umubano w’ibihugu byombi warahagaze nyuma y’uko ubucamanza mu Bufaransa bushinje abari hafi ya Perezida Paul Kagame uruhare mu guhanura indege yari itwaye uwari perezida Habyarimana Juvenal.

Ku butegetsi bwa Emmanuel Macron hari ibyahindutse muri uwo mubano, raporo ya mbere yasohotse mu kwezi gushize yemejwe n’ubutegetsi bwe ko iki gihugu cyagize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iyo raporo yashimwe na Perezida Kagame wavuze ko biganisha ku “ntambwe nshya mu mubano” w’ibihugu byombi.

Izi raporo zombi zisa n’izivuga bimwe zirerekana ubushake bwa politiki bwo gusubiranya umubano waranzwe n’ibibazo mu myaka irenga 25 ishize, ariko amateka ahuriweho n’ubutegetsi bw’ibi bihugu ashobora kutazibagirana vuba.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *