Ubwo abakozi 20 b’Umuryango w’Abibumbye bacaga ahitwa Longiro muri Sudani y’epfo bagategwa igico n’abarwanyi babarasaho, ingabo z’u Rwanda ziyobowe na Major Aimé Uwimana zabatabaye zirabatabara. Aba bakozi nk’uko UNMAS yabitangaje, bari mu gikorwa cyo gushyira ibiribwa n’imiti n’ibindi bikoresho bagenzi babo bakorera i Longiro. Uko ari 20 bari baturutse i Torit mu Burasirazuba bwa Sudani y’epfo, mu bilometero nka 58. Ku rubuga rwa UNMAS handitswe ko Major Aimé Uwimana yagize ati: “ Twasanze bariya bakozi bakutse umutima, bamwe bari bakomerekejwe n’amasasu. Ikindi ni uko ahantu twabasanze bari bahamaze igihe batarya, bafite n’umunaniro. Batubonye bariruhutsa.” Ubwo bari bageze mu nzira baguye mu gico cy’abantu 30 bitwaje intwaro, bashyizeho na nyirantarengwa( barrière). Umwe muri bariya bakozi witwa John Mowej yagize ati: “Baradufashe badutunga imbunda, basaba abashoferi guhagarara, turabyemera.” Nyuma abasirikare b’u Rwanda baje kubatabara, babazanira ibiribwa n’imiti ku bari bakomeretse. Agace gaherutse kubera mo ruriya rugomo, kamaze iminsi karabaye ahantu hateje akaga nyuma y’ubwumvikane buke hagati y’amoko y’aba Loronyo n’aba Longiro, bamwe bashinja abandi kubashimutira amatungo. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


