krgnjy0rlgdh_4plhob7pil3c_1440x.960.jpg

Kroenke hanze! Abafana ba Arsenal mu myigaragambyo ikomeye (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Abafana ba Arsenal yo mu Bwongereza baraye bakoze imyigaragambyo ikomeye, bamagana Stan Kroenke usanzwe ari nyirayo, ndetse no kuba yaragaragaye mu mushiga w’irushanwa rya UEFA Super league uheruka gupfuba.

Ni imyigaragambyo yabereye hanze ya Stade ya Emirates iriya kipe isanzwe ikiniraho, mbere gato y’umukino wa Shampiyona y’Abongereza yahatsindiwe na Everton igitego 1-0.

Iyigaragambyo yatangiye mbere y’amasaha abiri ngo uriya mukino ube, aho abafana mu ijwi riranguruye basabaga ko Stan Kroenke abasohokera mu kipe.

Amagambo asaba Kroenke gusohoka muri Arsenal kandi yagaragaraga ku byapa bamwe mu bafana bari bafite, mu gihe abandi batwikaga ibishashi by’umuriro.

Mu rwego rwo kwirinda ko iriya myigaragambyo yarogoya umukino wa Arsenal na Everton, byabaye ngombwa ko bisi z’amakipe yombi zigera ku kibuga hakiri kare.

Cyakora cyo umutoza Mikel Arteta utoza Arsenal aganira na Sky Sports, yavuze ko iriya myigaragambyo isa n’iyagize ingaruka ku myiteguro y’ikipe ye.

Ati: “[Kuba abafana bigaragambije] turabyumva, tuzi ibyo bari gutekereza ariko inshingano zacu ni ukugerageza uburyo bwose bushoboka tugakina umukino kandi nta kundi byagenda.”

“Mu by’ukuri ntibifasha iyo abafana bawe bahagaze hanze nka kuriya ku munsi w’umukino basakuza kandi batubwira ko batishimye. Gusa akazi kacu nanone ni ugutsinda umukino, kandi ibyo iyo bibaye ibintu byose biba byiza.”

Imyigaragambyo y’abafana ba Arsenal ije ikurikira iy’abafana b’amakipe ya Liverpool na Chelsea yabaye mu minsi ishize.

Ku wa Kane w’iki cyumweru abafana bake ba Manchester United na bo bateye i Carrington ikorera imyitozo, bamagana ba nyirayo.

Ni nyuma y’uko ku Cyumweru gishize aya makipe yose cyo kimwe na Manchester City na Tottenham, yari yatangije umushinga wa UEFA Super League yari ahuriyeho n’amakipe atatu yo muri Espagne n’atatu yo mu Butaliyani, gusa ukaza gusenyuka nyuma y’iminsi ibiri.

Ni umushinga wamaganwe n’ingeri zose z’abantu bashinja amakipe 12 yari yawutangije kwironda ku bw’inyungu zayo bwite.

Arsenal nyuma yo kuva muri uriya mushinga yanditse ibaruwa isaba abafana bayo imbabazi, gusa umwuka mubi ukomeje kwiyongera hagati y’abafana n’abayobozi bayo.

Stan Kroenke ukomeje kwamaganwa n’abafana ba Arsenal aza imbere mu bayifitemo imigabane myinshi kuva muri 2011.

Cyakora cyo n’ubwo abafana bakomeje kumwotsa igitutu, umuhungu we Joash Kroenke yavuze ko nta gahunda se afite yo kugurisha iriya kipe ngo kuko bagifite imbaraga zo kuyigarura mu bihe byiza.

_118177047_arsenalfansprotestingagainsttheclub_sowners.jpg

3120163-63958988-2560-1440.jpg

krgnjy0rlgdh_4plhob7pil3c_1440x.960.jpg

2021-04-23t204644z_1_lynxmpeh3m18g_rtroptp_3_soccer-europe-breakaway_1619229297180_1619229308646.jpg

2021-04-23t191630z_1654134768_up1eh4n1hjgma_rtrmadp_3_soccer-europe-breakaway.jpg

telemmglpict000256757543_trans_nvbqzqnjv4bqpvlberwd9egfpztclimqfy2dmclwgbjjulyfpteliba.jpg

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *