Umunyarwanda Muhire Kevin wakinaga mu gihugu cya Misiri, yamaze kugaruka mu kipe ya Rayon Sports.
Uyu musore usanzwe akinira ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, yari asanzwe akinira ikipe ya Misr Lel Makkasa Sporting Club yo mu gihugu cya Misiri.
Rayon Sports kuri Twitter yayo yemeje ko uyu musore yayigarutsemo, nyuma yo kwifuzwa cyane n’umutoza Guy Bukasa.
Yagize iti: “Umukinnyi ukina hagati mu kibuga mu Mavubi yagarutse muri Rayon Sports. Kuba yaravuzwe neza n’umutoza wacu Guy Bukasa byatumye yirengagiza ubufasabe yahabwaga ahandi.”
Kevin Muhire yagarutse muri Rayon Sports nyuma y’Umukongomani Hertier Luvumbu wumvikanye na yo kuyikinira mu mezi abiri ari imbere.




Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


