KNC yavuze ko Gasogi nidatsinda Rayon Sports ibitego 4 azegura, akayisigira Mutabaruka

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles (KNC), yatangaje ko Rayon Sports ari yo kipe Gasogi igomba gukuraho amanota atandatu muri shampiyona, itayitsinda ibitego bine akayisezeramo igasigarana Angeli Mutabaruka.

Rayon Sports na Gasogi United zombi ziri mu tsinda rya gatatu zihuriyemo n’amakipe ya Kiyovu Sports na Rutsiro FC.

Ni itsinda abenshi bafata nk’iry’urupfu kubera buryo ki amakipe aririmo akomeye, ibizatanga akazi gakomeye ku makipe azagera muri 1/4 cy’irangiza.

KNC aganira na Rwanda Magazine, yavuze ko Rayon Sports ari yo Gasogi yizeyeho amanota atandatu, ku buryo kutayitsinda byatuma ayeguramo akayisigira Mutabaruka.

Ati: “Rayon Sports ni yo tuzakuraho amanota yose yuzuye. Nitutayitsinda nibura ibitego 4, nzegura, nyegurire Mutabaruka.”

KNC abajijwe niba biriya bitego bizinjira mu mikino yombi, yagize ati: “Oya. Ni mu mukino ubanza uzaduhuza. Ndabikubwiyr, nzegura nitutageza kuri ibyo bitego. Mperutse no kugira inama umutoza wayo (Guy Bukasa) ko yakwegura.”

KNC yigambye kuzatsinda Rayon Sports, mu gihe yatangiye kwiyubaka mu buryo bukomeye yitegura shampiyona izatangirana n’ukwezi gutaha.

Kuri uyu wa Gatandatu iyi kipe yamaze gusinyisha Kevin Muhire wahoze ayikinira cyo kimwe na HĂ©rtier Luvumbu watwaranye CHAN ya 2016 n’ikipe y’igihugu ya RDC, ndetse binitezwe ko iyi kipe isinyisha umunya-Togo Junior Abanho-Aubyang.

Gasogi United ku rundi ruhande na yo iheruka gusinyisha umunya-Brésil Diego Dos Santos Anjos, ndetse hari nundi munya-Brésil bivugwa ko iri mu nzira zo gusinyisha.

Rayon Sports na Gasogi United zihahurira mu mukino wa mbere wo mu tsinda B tariki ya 2 Gicurasi 2021.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *