Abo mu muryango wa Gen Ndayirukiye bavuze icyo bazi ku rupfu rwe giteye kwibazwaho

Sangiza iyi nkuru

Abo mu muryango wa General Cyrille Ndayirukiye uherutse gupfa bitunguranye bavuga ko nta byinshi bazi kuri urwo rupfu rwa mwenewabo.

General Ndayirukiye wafatwaga nka nimero ya kabiri inyuma ya General Godefroid Niyombare mu bari kw’isonga ry’umugambi wo guhirika ubutegetsi muri 2015, yapfuye urupfu rudasobanutse, atarigeze arwara.

Abo mu muryango we batashatse kumenyekana bavuga ko babyakiriye uko babibwiye, ngo nta yandi makuru bafite kuri uru rupfu.

Umwe muri bo yabwiye BBC ati ” Twese twakiriye ivyo batubwiye ko vyabaye giturumbuka[birunguranye].Twavyakiriye uko babitubwiye. Ntayindi source dufise”.

BBC yagerageje kuvugisha abakuriye Gereza ya Gitega, aho uyu mujenerali yari afungiwe kuva mu 2015 ntibyashoboka.

Hari ibyo kwibazwaho

Kuri ubu haribazwa uko umuryango wa Gen Ndayrukiye kugeza ubu nta kanunu ufite katari ako yahawe na Leta ya Gitega, niba hari ikindi kibazo cy’ubuzima uyu mugabo yaba yari afite.

Aba nta burwayi bundi bavuga uyu yari afite, gusa ngo ajya gupfa yari agiye kwanika imyenda yari amaze gufura, biheraho ahita agagara, arapfa.

Mu gihe hari inkuru zivuga ko Gen. Ndayirukiye yaba yararogewe mu mata yari amaze kunywa, ntawabura kwibaza niba ibi byaba ari impamo cyane ko nta yindi ndwara izwi yari arwaye cyangwa niba hari ikibazo cy’ubuzima gisa n’iki yaba yarigeze kugiraho na mbere.

Nanone kandi kuba abo mu muryango we bavuga gusa ngo babyakiriye uko babibonye, nta gusaba gukora ibizamini by’ubuzima cyangwa iperereza ryigenga, byumvikana nk’aho batinye Leta ngo itagira ngo bayiketse amababa.

Gen Ndayirukiye w’imyaka 67 asize umwana umwe n’umugore baba mu Bubiligi. Hari amakuru ko umurambo we wagejejwe i Bujumbura, akaba ashobora gushyingurwa mu byumweru bibiri biri imbere.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *