kuwa 25 Mata 2021, hasohotse itangazo ryamagana raporo ya Counter Extremisim Project (CEP) ishinja umuherwe w’Umunyarwanda, Ayabatwa Tribert Rujugiro, kuba inyuma y’umutekano muke mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba. Ntibisanzwe kuko iri tangazo Chimpreports yavuze ko ari irya sohowe na mwarimu, umushakashatsi n’impuguke mu bukungu, Dr David Himbara ubusanzwe bitazwi neza (mu mboni za rubanda ibonesha amaso gusa), niba koko uyu yaba yarabaye umuvugizi wa Rujugiro. Muri iyo nyandiko ahakana ibiregwa Rujugiro (Good PR) nk’uko n’undi waba ari umuvugizi wese yabikora (Good Communications Officer). Ntibizwi neza niba yarabikoze nk’igitekerezo cye bwite cyangwa niba kari akazi. Ni ibivugwa. Dr David Himbara, yavukiye mu Rwanda, ariko akurira i Gashonjwa ka Nakivale muri Ankole muri Uganda. Yabaye umujyanama wa Perezida Kagame mu by’ubukungu nyuma aza gufata iy’ubuhungiro, aho aba muri Canada. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


