Leta ya Kenya irateganya gushyiraho ibwiriza ryo kubuza abapolisi kuba bateretana hagati yabo. Iki cyemezo nk’uko Minisitiri w’Umutekano, Fred Matiang’i yabitangaje, kigamije kugabanya imfu z’abakundana bombi ari abapolisi. Matiang’i wari muri bimwe mu birori mu ishuri rya polisi, yavuze ko batgereje ko iki cyemezo cyemerwa n’inama nkuru y’umutekano ya Kenya, ari nayo igenga inzego zose z’umutekano mu gihugu. Avuga ko mu gisirikare byarangije kwemerwa ko ” Nta guteretana hagati y’abantu batanganya amapeti.” Ati ” Ntabwo twarenza ingohe bimwe mu bibazo dufite mu nzego z’umutekano.” The Star ivuga ko Matiang’i yagize ati ” Mu minsi iri imbere umupolisi gushakana na mugenzi we bizaba biba bihabanye n’amategeko. Igihe bakundanye, umwe aba agomba kuva mu kazi.” Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


