Impunzi z’Abarundi ziba mu Rwanda zikomeje gutaha ku bwinshi bitewe n’uko zijejwe ko ikibazo cy’umutekano muke zahunze mu myaka itanu ishize kitakiriyo nk’uko ubuyobozi bwaho bwabijeje, n’ubuzima mu nkambi bukaba butoroshye.
Tariki ya 27 Mata 2021 u Rwanda rwoherereje u Burundi impunzi 159, zagiye ziherekejwe n’umuyobozi mukuru w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi (HCR), Filippo Grandi.
Nk’uko urubuga SOS/Burundi rwabitangaje, zimwe muri izi mpunzi zaganiriye n’itangazamakuru, zivuga impamvu zatumye zitaha iwabo nyuma y’iki gihe cyose zimaze mu Rwanda. Mu mpamvu ziri ku isonga harimo kuba zizeye umutekano wazo mu gihe zageze iwabo n’ubuzima bushaririye zari zisigaye zinyuramo.
Imwe muri zo ubwo yari igeze ku mupaka wa Gasenyi-Nemba uhuza u Rwanda n’u Burundi, yavuze ko yabaga mu mujyi wa Kigali kandi ngo ubuzima bwo mu mujyi bwari buhenze cyane ku mpunzi, bikaba byarakomeye cyane kubera icyorezo cya Covid-19.
Yibajije icyamubuza gutaha mu gihe umutekano mu Burundi waba wizewe. Ati: “Kubera Covid-19, ibintu hafi ya byose byarangiritse. Nabuzwa n’iki kugaruka kandi hari umutekano?”
Ikibazo cy’umutekano cyakomojweho n’indi mpunzi, ivuga ko ubutumwa Perezida w’u Burundi yagiye aziha ari bwo bwatumye yifuza gutaha. Yagize iti: “Nibwiye ko nzatekana ubwo numvaga ubutumwa bwa Perezida Ndayishimiye. Ababyeyi banjye baba muri Kirundo, ni nabo bansabye gutahuka.”
Uyu Murundi kandi yasabye ubuyobozi bw’u Burundi kubacungira umutekano, ibyo nibubikora bikazaha icyizere n’abandi bagifite ubwoba kandi bashaka gutahuka. Ati: “Icyo nasaba ubuyobozi bw’u Burundi ni uko baducungira umutekano. Bizatuma n’abandi bafite ubwoba bifuza gutaha.”
U Rwanda rumaze koherereza u Burundi impunzi zibarirwa mu 23,000 kuva muri Kanama 2020. Zikomeje gutaha mu gihe ubuzima mu nkambi ubuzima butameze neza, kuko amafaranga azitunga zahabwaga yagabanyijweho ku kigero cya 60% guhera muri Werurwe 2021.
Impunzi yahabwaga amafaranga yo kuyitunga angana n’7600 FRW mbere ya Werurwe 2021, ubu igenerwa 3,040 FRW yonyine. Bisobanuye ko ku munsi wose, impunzi itungwa n’110FRW.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV



2 Responses
Nabuzwa n’iki gutaha mu Burundi hari umutekano?_Impunzi yabaga mu Rwanda
Abavandimwe bacu nibatahe kuko urudaheze rumarimpamba nobabwirako niyumuntu yokwanka kwizera ngo atahe mugihe abisabwe numukuru wigihugu vyozomugora kwiyumvira gutaha atawumuhamagaye.KO nubundi kubaho batari bubonane nababo ntamunezero bozogira rero nanje ndi muburundi umutekano niwose.
Nabuzwa n’iki gutaha mu Burundi hari umutekano?_Impunzi yabaga mu Rwanda
Abavandimwe bacu nibatahe kuko urudaheze rumarimpamba nobabwirako niyumuntu yokwanka kwizera ngo atahe mugihe abisabwe numukuru wigihugu vyozomugora kwiyumvira gutaha atawumuhamagaye.KO nubundi kubaho batari bubonane nababo ntamunezero bozogira rero nanje ndi muburundi umutekano niwose.