Twakurikiye bin Laden ku marembo y’ikuzimu, turamufata_Perezida Biden

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden yizihije imyaka 10 ingabo z’igihugu cye zimaze zishe Osama bin Laden wayoboraga umutwe w’iterabwoba wa Al Qaeda, mu magambo asa no kwishongora.

Perezida Biden nk’uko France24 yabitangaje, ntabwo azibagirwa uburyo ingabo za USA zishe bin Laden zari zimaze hafi imyaka 10 zishakisha.

Mu ijambo yavuze uyu munsi, Biden yagize ati: “Ni igihe ntazibagirwa. Twakurikiye bin Laden ku marembo y’ikuzimu, turamufata.”

Uyu Mukuru w’Igihugu kandi yaboneyeho kwihanganisha ababuriye ababo mu gitero Al Qaeda yagabye ku nyubako ya World Trade Center i New York, tariki ya 11 Nzeri 2001, abasezeranya ko bazarinda igihugu ku buryo nta kindi gitero kizongera kugabwa ku gihugu.

Yagize ati: “Twasezeranyije ababuze abo bakundaga tariki ya 11/9 ko tutazibagirwa abo twabuze, ko kandi USA itazarekera kwirinda ibindi bitero ku butaka bwacu.”

Osama bin Laden yarasiwe mu bwihisho muri Pakistan tariki ya 2 Gicurasi 2011.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *