Umubiligi Eden Hazard yibasiwe n’abafana biganjemo aba Real Madrid akinira, kubera imyitwarire yagaragaje nyuma y’umukino wa UEFA Champions league ikipe ye yatsinzwemo na Chelsea.
Real Madrid yari yasuye Chelsea i Stamford Bridge, mu mukino wo kwishyura wa 1/2 cy’irangiza cya Champions league yatsinzwemo ibitego 2-0.
Ni ibitego Chelsea yatsindiwe na Timo Werner cyo kimwe na Mason Mount, isanga Manchester City ku mukino wa nyuma ku giteranyo cy’ibitego 3-1.
Ni ku nshuro ya mbere Umubiligi Eden Hazard yahuriraga na Chelsea yahoze akinira i Stamford Bridge, nyuma yo kuyivamo mu mpeshyi ya 2019 akerekeza muri Real Madrid yamuguze abarirwa muri € miliyoni 100.
Real Madrid itsindwa na Chelsea Hazard ari mu bari bayoboye ubusatirizi bwayo, afatanyije na Karim Benzema cyo kimwe n’Umunya-BrĂ©sil Vinicius Jr.
Nyuma yo kurangiza umukino ateye ishoti rimwe mu izamu, byabaye ngombwa ko Eden Hazard ajya gusuhuzanya na bagenzi be bahoze bakinana.
Amashusho akomeje guhererekanywa ku rubuga rwa Twitter yerekana Hazard asuhuzanya na Kurt Zouma bombi baseka, inyuma yabo hari umuzamu Edouard Mendy na we wari wasabwe n’ibyishimo.
Ni igikorwa kitashimishije na gato abafana ba Real Madrid, bavuga ko Hazard atari akwiye gukubita igitwenge mu gihe ikipe ye yari imaze gusezererwa.
Abenshi bagize bati: “Nta mukinnyi wa Real Madrid ukwiye kwitwara atya.”
Abenshi mu bafana ba Real Madrid banafashe ifoto ya Hazard yambaye umwambawo wa numĂ©ro 7, bayihuza n’iya Cristiano Ronaldo wahoze ayambara, bavuga ko kuzana Hazard ari ugutesha agaciro ibigwi byubatswe na Ronaldo.
Abafana ba Chelsea ku rundi ruhande bavuze ko Real Madrid yashoboye gukura Hazard muri Chelsea, gusa ikaba idashobora kumukuramo urukundo ayifitiye nk’ikipe yagiriyemo ibihe byiza mu myaka irenga umunani.


