Abadepite bahagarariye intara ya Tanganyika yo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kane birukanye ku mirimo Zoe Kabila Mwanzambala wari Guverineri wayo.
Uyu Kabila asanzwe ari murumuna wa Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Umwanzuro wo kumwirukana we na Guverinoma ye washyigikiwe n’abadepite 13 muri 25 bahagarariye iriya ntara.
Zoe Kabila yirukanwe ashinjwa gucunga nabi umutungo w’intara ya Tanganyika, kuwunyereza ndetse no kuba nta bumenyi buhagije yari afite mu miyoborere.
Umwanzuro wo kumwirukana wafashwe mu gihe atari mu nteko cyangwa ngo umwe mu bagize Guverinoma ye ayibemo.


