Uganda: Bobi Wine yandagaje Museveni amushinja kwirarira

Sangiza iyi nkuru

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Robert Ssentamu Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, yandagaje Perezida Yoweri Museveni watangaje ko yagiranye inama n’abarwanashyaka b’ishyaka rye rya NUP.

Perezida Museveni abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter kuri uyu wa Gatatu, yatangaje ko yagiranye inama n’abahuzabikorwa b’ishyaka NUP Bobi Wine yari ahagarariye mu matora y’umukuru w’igihugu, bamugezaho ibibazo ishyaka NRM [rya Museveni] ryirengagije bikwiye gushakirwa umuti.

Ati: “Ndi mu nama n’itsinda ry’abahuzabikorwa n’abanyamuryango b’ishyaka National Unity Platform (NUP) ritavuga rumwe n’ubutegetsi i Entebbe kuri Perezidansi. Ndashimira ibitekerezo bitandukanye byabo ku ntege nke za NRM, kandi ndabizeza ko tuzakorera hamwe mu kubikemura.”

Ni ubutumwa bwahise bwamaganwa n’abayobozi bakuru b’ishyaka NUP, bavuga ko abo Museveni yise abarwanashyaka baryo ari abahimbano.

Mu bamaganye ubutumwa bwa Museveni harimo Bobi Wine wagize ati: “Nta n’isoni! Nyuma yo kwica, kumugaza, kwica urubozo no gufunga abashyigikiye NUP; afite ubutwari bwo kwishyura abantu akaberekana avuga ko ari aba NUP!”

“Ni uburyo bwe busanzwe! Afite inyota yo kwigira umwere mu gihe Isi ikomeje kumenya ukururumba n’ubugome bye.”

Umuvugizi w’ishyaka NUP, Joel Ssenyonyi, na we yatangajwe n’abo Museveni yise abahuzabikorwa ba ririya shyaka avuga ko ari abacurano.

Perezida Museveni witegura kurahirira kuyobora Uganda muri manda ya gatandatu y’imyaka ine iri imbere, yatorewe kuyobora kiriya gihugu muri Mutarama uyu mwaka atsinzw Bobi Wine ku majwi 58%.

Ni amatora yabaye nyuma y’ibikorwa byo kwiyamamaza byaranzwe n’imvururu zasize abarenga 50 biganjemo abarwanashyaka ba NUP bishwe, abandi benshi bajya gufungirwa ahantu hatazwi nyuma yo gutabwa muri yombi.

Kuva muri Mutarama Leta ya Uganda yakunze kotswa igitutu isaba kugaragaza aho abo yashimuswe baherereye, gusa bivugwa ko abenshi bataraboneka kugeza ubu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *