Idamange yabwiye urukiko ko hari abacungagereza ‘bamubwiye ko basabwe kumucisha bugufi’

Sangiza iyi nkuru

Urubanza rwa Idamange Yvonne Iryamugwiza rwatangiye kuburanishwa mu mizi n’urukiko rwakoreye mu Karere ka Nyanza mu gihe we yari i Kigali muri gereza afungiyemo, gusa avuga ko hari abacungagereza bamubangamiye.

Idamange yavuze ko afite ikibazo cy’umutekano muri gereza afungiyemo kuko ngo abacungagereza bamubangamira, ndetse hari abamubwiye ko ‘basabwe gucisha bugufi Yvonne’.

Yavuze ko ibyo bikorwa kuko ‘yamagana amanyanga abera muri gereza’, aho yavuze ko imfungwa yemererwa guhamagaza ‘pack’ y’amafaranga 500 kuri telephone mu cyumweru, ariko abacungagereza bakagura iya 150Frw.

Yagize ati: “Sinshobora kwemera akarengane, ibyo bintu narabivuze ni yo mpamvu bakomeza kungendaho.”

Idamange ntiyabwiye urukiko uwahaye misiyo abo bacungagereza ndetse n’ibyo yavuze kuri iyi ngingo ntacyo urukiko rwabivuzeho.

Mu mbogamizi zindi yagaragaje ni uko yazaburana imbonankubone ” nk’abareganwa na Rusesabagina” ndetse anasaba igihe kingana n’amezi abiri ngo yige dosiye ye nk’uko BBC yakurikiranye iburanisha ibivuga.

Ubushinjacyaha bwavuze ko igihe uregwa yasabye ari kinini. Umucamanza yamuhaye ukwezi kumwe. Uru ruzasubukurwa tariki 15 Kamena 2021 ku cyicaro cy’uru rukiko i Nyanza kandi ababuranyi bose bari ku rukiko.

Idamange aregwa ibyaha bitandatu birimo: guteza imvururu muri rubanda, gutanga amakuru y’ibihuha yifashishije ikoranabuhanga no gupfobya jenoside. Byose arabihakana.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *