Dr Ngirente ari muri Djibouti, yagiye kwitabira irahira rya Perezida Ghuelleh

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, kuri uyu wa 14 Gicurasi 2021 yageje muri Djibouti, aho yagiye kwitabira umuhango w’irahira ry’Umukuru w’iki gihugu, Perezida Ismaïl Omar Ghuelleh, ahagarariye Perezida Paul Kagame.

Ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Djibouti, yakirwa na Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, Abdoulkader Kamil Mohamed nk’uko ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda bimaze kubitangaza.

Ibi biro byagize biti: “Minisitiri w’Intebe @EdNgirente yageze muri Djibouti aho azahagararira Nyakubahwa Perezida Paul Kagame mu muhango uzaba ejo w’irahizwa rya Perezida Ismaïl Omar Ghuelleh. Yakiriwe na mugenzi we, Abdoulkader Kamil Mohamed, Minisitiri w’Intebe wa Djibouti.”

Perezida Ghuelleh w’imyaka 73 y’amavuko, yatsinze amatora muri Mata 2021, agira amajwi 97.44%.

Ni manda ya gatanu ararahirira, ejo ku wa 15 Gicurasi 2021.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Perezida Ndayishimiye yageze muri Uganda tariki ya 11 Gicurasi 2021 ubwo yari yitabiriye umuhango w’irahira rya Museveni wabaye ku munsi wakurikiyeho.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Dr Ngirente ari muri Djibouti, yagiye kwitabira irahira rya Perezida Ghuelleh
    Kuki uwubugande batagiyryo Kandi aricyo gihugu duhana imbibi??

    1. Dr Ngirente ari muri Djibouti, yagiye kwitabira irahira rya Perezida Ghuelleh
      Hagiyeyo Professor Manasseh Nshuti, umunyamabanga wa Leta muri ministere y’ububanyi n’amahanga ushinzwe EAC! Niwe wahagarariye He Kagame mu irahira rya Museveni!

    2. Dr Ngirente ari muri Djibouti, yagiye kwitabira irahira rya Perezida Ghuelleh
      Hagiyeyo Professor Manasseh Nshuti, umunyamabanga wa Leta muri ministere y’ububanyi n’amahanga ushinzwe EAC! Niwe wahagarariye He Kagame mu irahira rya Museveni!

  2. Dr Ngirente ari muri Djibouti, yagiye kwitabira irahira rya Perezida Ghuelleh
    Kuki uwubugande batagiyryo Kandi aricyo gihugu duhana imbibi??

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *